RFL
Kigali

Bakunda ubuyobozi! Igisobanuro n’imiterere y’abitwa ba Kennedy

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:15/10/2024 11:45
0


Nyuma yo kubona ko hari amazina amwe n’amwe abanyarwanda baba badasobanukiwe, InyaRwanda yafashe icyemezo cyo kujya ibagezaho ubusobanuro bw'amwe mu mazina aba agezweho muri icyo gihe.



Kennedy ni izina risobanura Ingofero irinda umutwe (Casque/ helmet) rishobora guhabwa abakobwa cyangwa abahungu, rikomoka mu rurimi rukoreshwa muri Irlande.

Bimwe mu biranga Kennedy:

Kennedy ni umuntu utajya yibagirwa ibyahise, asa nkaho acecetse ariko yibitsemo gusetsa. Ashobora kugusetsa ariko we ntaseke na gato. Ni umuntu ukunze guhirwa mu buzima kandi akayobora aho kuyoborwa.

Ni umuntu uhora yarimbye bigatuma benshi bamufata nk’umunebwe.

Ni umuntu wanga gusaba ubufasha niyo byamutwara igihe kinini gukora akazi agenewe wenyine. Akunda ibintu biramba kandi akabikora abyitayeho, akunda umuryango we no kuwitaho.

Kennedy akunda kubona umusaruro w’ibyo yaruhiye kuko adakunda iby’ubusa.

Kennedy ni umuntu uba azwi cyane mu baturanyi be kuko ubucuruzi ndetse n’urukundo bimuhira.

Agira impano nyinshi zitandukanye kandi zose akazikoresha harimo nk’ubugeni, izijyanye n’imikino n’ibindi

Bamwe mu bantu bazwi bitwa izi zina:

John F. Kennedy yabaye Perezida wa 35 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
George Harris Kennedy, ni umukinnyi wa filime w’ikirangirire ku Isi wagaragaye mu zitandukanye nka Cool Hand Luke, Airport n’izindi.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND