RFL
Kigali

Bertrand Ndengeyingoma yagaragaje isura y'ubufatanye bw’ibihugu bya Afurika

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:16/05/2024 22:14
0


Umuyobozi Mukuru w’Ikoranabunga no Guhanga udushya muri Banki Nkuru y’Igihugu, Bertrand Ndengeyingoma yagaragaje ko igihe kigeze ngo ibihugu bya Afurika bishyire mu ngiro ibyo byiyemeje.



Bertrand Ndengeyingoma uri mu bayobozi ba Banki Nkuru y’Igihugu bitabiriye inama igaruka ku kurebera amahirwe ari mu byerekeranye n’ubucuruzi bwifashishije ikoranabuhanga n’uburyo kuyabyaza umusaruro yiswe ‘3i Africa Summit’.

Ubwo yafataga umwanya, yagaragaje ko igihe kigeze bihereye muri iki gice cy’ibyigirwa muri iyi nama ngo habeho ubufatanye mu kubishyira mu bikorwa, yitsa ku kuba byinshi bivugwa ariko ntibishyirwe mu bikorwa.

Bertrand yagize ati”Ubufatanye hagati y’ibihugu bya Afurika buravugwa cyane kurusha uko bushyirwa mu ngiro. Nifuza ko habaho ubufatanye hagati ya Banki Nkuru n’Ibigo by’ubucuruzi bushingiye ku ikoranabuhanga.”

Mu bindi yerekanye bishobora gufasha mu bucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga harimo kongerera ubumenyi ababarizwa muri iki gice, kuzamura ubufatanye ndetse n’imikoranire yambukiranya imipaka.

Umuyobozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa na we yagarutse ku kuba igisubizo cy’ingenzi ari ubufatanye mu gushyira mu bikorwa ibyagarutsweho kuko ibitekerezo bihari ariko ingorane ikiri mu buryo bwo kubishyira mu bikorwa ariko gukorera hamwe arirwo rufunguzo.

Mu bandi banyarwanda bitabiriye iyi nama barimo Umuyobozi Mukuru w’Ishyirahamwe rihuza amasoko y’Imari n’Imigabane muri Afurika (ASEA), Rwabukumba Pierre Celestin, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga, Yves Iradukunda, Umuyobozi Mukuru wa IT Consortium Rwanda.

Iyi nama ya 3i Africa Summit itegurwa na Banki Nkuru ya Ghana na Banki Itsuramajyambere ya Ghana ku bufatanye n’ibindi bigo bikomeye mu bucuruzi n’ifaranga ku Isi. Bertrand Ndengeyingoma yagaragaje ko ibisubizo bya Afurika biri mu bufatanye buri mu ngiro kurusha mu magamboUhereye iburyo Benjamin Karenzi, Bertrand Ndengeyingoma, Rwabukumba Pierre Celestin na Yves Iradukunda Umuyobozi wa Banki Nkuru y'u Rwanda, John Rwangombwa yagaragaje ko hakwiye gushyirwaho uburyo bwo gufatanya gushyira mu bikorwa ibyo bigiye muri 3i Summit 2024






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND