Abahanzi bagezweho muri iki gihe Sekamana Ish wamamaye nka Ish Kevin ndetse na Rukundo Christian wamamaye nka Chriss Eazy bategerejwe mu Karere ka Rubavu mu Burengerazuba bw'u Rwanda mu gitaramo "Toxic Xperience" kigiye kuba ku nshuro ya mbere.
Ni
igitaramo cyateguwe na Arnold Ishimwe wamamaye nka Toxxyk usanzwe utegura
ibitaramo nk'ibi bigari bihuza abanyamuziki ndetse na ba Dj mu rwego rwo
gususurutsa abantu banyuranye, yaba mu Rwanda ndetse no mu bihugu bitandukanye.
Uyu mugabo
ari mu bahiriwe no kuvanga imiziki, kuko nko mu 2023 yakoreye ibitaramo bikomeye
ku Mugabane w'u Burayi, ndetse yari Nimero ya mbere mu bacuranze mu gitaramo umunyamerika
Kendrick Lamar yakoze tariki 6 Ukuboza 2023 cyaherekeje uruhererekane rw’ibitaramo
“Move Afrika.”
Ni ubwa
mbere Kendrick Lamar yari ataramiye mu Rwanda, kandi yagaragaje ko yanogewe no
gutaramira abakunzi be. Mu gihe abanyabirori bitegura kwinjira mu mpeshyi ya
2024, Dj Toxxyk yateguye iki gitaramo mu rwego rwo gufasha abanya-Rubavu cyane
cyane ari mu nkengero z'ikiyaga cya Kivu.
Ni
igitaramo kizaba tariki 29 Kamena 2024. Dj Toxxyk avuga ko muri iki gitaramo
azifatanya na mugenzi we Dj Marnaud, bakoranye mu bihe bitandukanye mu bitaramo
bikomeye ndetse no mu itsinda.
Toxxyk
anavuga ko azakorana na Dj Joe the Drummer ndetse na Dj Pyfo. Toxxyk yavuze ko
mu bahanzi azakorana n'abo harimo Ish Kevin, Chriss Eazy ndetse na Kalexx.
Toxxyk
yavutse mu 1993 avukira mu Mujyi wa Kigali. Yize amashuri yisumbuye La Colombiere,
Glory High School, ndetse na APE Rugunga. Yavuze ko yatangiye kwiyumvamo
umuziki mu 2010 ubwo yari akiri ku ntebeye y’ishuri muri APE Rugunga.
Atangira
ibyo kuvanga imiziki yitegereje cyane ibikorwa by’abarimo DJ Jazzy Jeff ndetse
na Grand Master Flash.
Chriss Eazy
yamenyekanye cyane mu kuririmba nyuma y’imyaka yari ishize ari umuraperi,
ndetse yagiye anyura mu marushanwa agaragaza impano ye.
Muri Kamena
2021 yafashe icyemezo cyo kwinjira mu baririmbyi, ashyira hanze indirimbo yise ‘Fasta’,
akomereza ku ndirimbo ‘Amashu’ yakunzwe cyane.
Indirimbo ‘Bana’
yakoranye na Shaffy ukorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,
yamushyize ku rwego rwiza, kuko yatumye bombi binjira ku rutonde rw’abahanzi 10
bafite indirimbo zarebwe n’abantu barenga Miliyoni 10.
Ish Kevin
utegerejwe i Rubavu ni umwe mu baraperi bigaragaje kuva mu myaka itatu ishize. Asanzwe
ari n’umwanditsi w’indirimbo, kandi yakoranye n’abahanzi banyuranye bakomeye,
yaba mu Rwanda ndetse no mu bindi bihugu.
Indirimbo
ye yise ‘No Carp’ ifatwa nk’imwe mu ndirimbo nziza z’ibihe byose ahanini
biturutse ku kuba yarayubakiye ku njyana ya ‘Drill’.
Aherutse
gushyira ku isoko Album ‘BST’ iriho indiirmbo 10, yakoranyeho n’abahanzi
banyuranye, yaba abo mu Rwanda n’abo mu bindi bihugu byo hanze. Yigeze
gushyirwa mu bahataniye ibihembo bya ‘Galsen Hip Hop Awards’ byo mrui Senegal.
Dj Toxxyk
avuga ko iki gitaramo kigamije gufasha abanya-Rubavu
Chriss Eazy
ategerejwe mu gitaramo ‘Toxix Xpreience’ kizabera mu Karere ka Rubavu
Ish Kevin agiye gutaramira abanya-Rubavu mu gitaramo cyo kwishimira impeshyi
Dj Marnaud azifatanya na Toxxyk muri iki gitaramo kizabera ku nkengero za Rubavu
Iki gitaramo kizaba tariki 29 Kamena 2023 mu Karere ka Rubavu
KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO TOXXYK YAHURIJEMO KIVUMBI NA DAVIS
TANGA IGITECYEREZO