RFL
Kigali

Abasore 10 bagezweho mu myidagaduro Nyarwanda mu 2024 - AMAFOTO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:2/05/2024 15:33
1


Kimwe n’ahandi hose ku Isi, mu Rwanda naho hari abasore bakomeje kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga bitewe n’ibikorwa runaka bagenda bakora bigatuma bagarukwaho cyane mu myidagaduro.



Ni kenshi hakunze gukorwa intonde zigaragaza abakobwa bagezweho cyangwa ibihugu bifite abakobwa beza kurusha ibindi, gusa ni gacye cyane uzabona hari urutonde rugaragaza abasore beza kurusha abandi cyangwa abagezweho mu gihe runaka.

Uyu munsi rero, InyaRwanda yagukusanyirije bamwe mu basore bagezweho muri iki gihe mu myidagaduro nyarwanda nubwo hatirengagijwe ko hari n’abandi benshi bakomeje kugarukwaho.

1.     DC Clement




Umunyamakuru Niyigaba Clement wamenyekanye nka DC Clement ni umwe mu basore bakomeje kugarukwaho cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda, nyuma y’uko yambitse impeta y’urukundo ‘Fiançailles’ umukobwa witwa Manzi Aliane witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2022 ariko ntabashe gukomeza.

DC Clement asanzwe ari umunyamakuru wa Isibo FM aho akora mu kiganiro 'Isibo Radar'. Yamenyekanye cyane ubwo yakoreraga Isibo TV, ariko yanakoreye ibindi bitangazamakuru birimo Umuryango.rw ndetse na City Radio. 

2.     Element





Producer akaba n’umuhanzi Robinson Fred Mugisha [Element] agezweho ndetse akomeje kuba ingingo nyamukuru ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu bitangazamakuru bitandukanye, cyane cyane nyuma y’uko bitangiye guhwihwiswa ko uyu musore yaba yamaze gutandukana na 1:55AM.

3.     Kimenyi Tito




Umunyarwenya Kimenyi Tito w’imyaka 24 y’amavuko umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga byumwihariko kuri TikTok mu mashusho magufi ashyiraho asekeje, nawe ari mu basore bagezweho kubera ibi bikorwa bye ndetse no kuba yarahuje imbaraga na Judy nawe uri mu bakobwa bagezweho muri iki gihe.

4.     Zaba Missedcall





Icyamamare muri Sinema nyarwanda, Niyonkuru Clinton wamamaye nka Zaba Missed Call, ari mu basore bakomeje kugarukwaho cyane mu Isi y’imyidagaduro ahanini kubera iby’urukundo rwe na Nkusi Lynda uzwi Lynda Priya wamenyekanye cyane ubwo yitabiraga Miss Rwanda mu 2021.

5.     Fally Merci




Umunyarwenya Ndaruhutse Fally Merci watangiye uyu mwuga mu 2017, yatangiye kuvugwa cyane nyuma y’uko atangije ibitaramo bya Gen-Z Comedy Show, byaje ari nk’irerero ry’abanyarwenya bakiri bato, dore ko abagerega ku rwego rwisumbuye bahitaga berekeza muri Seka Live yabaga buri kwezi itegurwa na Arthur Nkusi.

6.     Mistaek




Bahizi Zitoni Eddy Nest, wamenyekanye nka Mistaek, ni umusore wakunzwe ku ndirimbo yise ‘Kucyaro’ yashyize hanze mu 2022 n’amashusho yayo.

Mistaek wakuriye mu muryango w’abanyempano b’umuziki bigatuma nawe akura awukunda ku buryo yagiye kongera ubumenyi bwawo ku ishuri rya muzika riherereye i Muhanga, agezweho muri iki gihe.

7.     Zeo Trap





Umuraperi Byiringiro Francois, wamenyekanye nka Zeo Trap uri mu bahanzwe amaso mu njyana y’umujinya [HipHop] mu Rwanda, kuva uyu mwaka watangira yagiye agarukwaho kenshi bitewe n’amakimbirane yagiye avugwamo na Hollix n’ibindi.

8.     Jojo Breezy




Jojo Breezy winjiye mu mwuga wo kubyina mu 2017, ari mu basore bagezweho i Kigali mu myidagaduro kuko akomeje kwigaragaza cyane muri iki gisata haba mu ndirimbo agaragaramo z’abahanzi batandukanye ndetse no ku mbuga nkoranyambaga.

9.     Franck Axel Nyabagabo




Franck Axel ni gafotozi kabuhariwe ubimazemo igihe ndetse uyu musore amafoto ye akaba yirahirwa n’abatari bake, bitewe n’igikoresho yakoresheje ndetse n’uburyo yayafashemo.

10. Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson




Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson ari mu bakinnyi bakomeye u Rwanda rufite mu mukino wa Basketball. Uduhigo yagiye aca muri mikino itandukanye nka BAL, twagiye dutuma agarukwaho cyane no myidagaduro.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Hirwa2 weeks ago
    Ndababonye simumbonye 😂😂





Inyarwanda BACKGROUND