RFL
Kigali

Jose Chameleone yavuze imvano y'igitaramo agiye gukora gihenze kugeza ku tike ya Miliyoni 4 Frw

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:20/04/2024 12:25
0


Jose Chameleone yagaragaje ko abafana niba bifuza kubona ibyiza nabo bagomba kwitegura kwishyura amafaranga afatika, akomoza ku gitaramo agiye gukora aho mu myanya isanzwe bizasaba kwishyura agera ku bihumbi 130 Frw.



Uyu muhanzi w’umunyabigwi yabigarutseho yitsa ku bamaze iminsi bibaza impamvu arimo kwishyuza amafaranga menshi mu buryo bwe Jose Chameleone yagize ati”Abantu baribaza impamvu ndikwishyura amadorali ijana [Agera ku bihumbi 130 Frw].”

Abisobanura agira ati”Abantu barifuza igitaramo kiryoshye nk’icya Davido nyamara bishyuye ibihumbi bitagara ku 10Frw. Mwabafana mwe mwishyure menshi ku buryo umuhanzi na we abakorera ibintu byiza''.

Jose Chameleon ategerejwe mu gitaramo cy’iminsi ibiri kizaba kuwa 30 na 31 Kanama 2024 aho kwinjira ari amadorali ijana, magana atatu n’ibihumbi bitatu [Miliyoni zikabakaba 4Frw].

Asobanura iby’iki gitaramo mu kiganiro yagiranye na BBS TV yagize ati”Dushaka gukora igitaramo cyo kunyizihiza n'ibyo nakoreye uruganda rw’umuziki.”

Ashimangira iyi ngingo yagize ati”Hari abantu hano hanze bumva ko nagakwiye gushimirwa nkiriho, iryo joro nanjye ubwanjye nzaba nishimira kubera itafari nashyize ku muziki kandi birakwiye.”

Yongeye kwitsa ku ngingo y’ibiciro avuga ko bifuza ko kizaba ari igitaramo kizatanga ibiciro biri ku rwego mpuzamahanga.

Uyu mugabo ugiye kwizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 45, yavuze ko ari gutegura ikindi gitaramo azakora mu myaka 5 iri imbere ubwo azaba yishimira imyaka 50 abonye izuba.

Yavuze kandi ko uko byagenda kose adateganya kuzigera areka umuziki.

Yaherukaga gukorera igitaramo cy’amateka kuri Lugogo Cricket muri Gashyantare 2023, ahahuriye ibihumbi by’abakunzi b’umuziki baje kuryoherwa n’ibihangano by’uyu mugabo wakuye agatubutse mu muziki.Jose Chameleone agiye gukora igitaramo cy'amateka azsihyuzamo akayabo kuko ateganya gukora ibintu bidasanzwe Chameleone yavuze ko ari igitaramo azaba yizihizamo imyaka amaze akora umuziki n'itafari yawushyizeho muri rusangeKwinjira mu gitaramo azakora muri Kanama azaba ari ibihumbi 130Frw ahamake naho aha menshi azagera  Miliyoni 4 FrwYavuze ko kandi ari gutegura igitaramo gikomeye cyo kwizihiza imyaka 50 abonye izuba 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND