Yanick Dushime yashyize hanze amashusho y’indirimbo igaruka ku bushobozi bw’Imana mu kwita ku mwana w’umuntu, akaba ari indirimbo yafatanije n’umuhanzikazi Irebe Divine.
Umuramyi Yannick Dushime yagarutse ku butabazi n’imbabazi
biva ku Mana bikarinda abana bayo, ayishimira ko idahwema kugirira neza
abayitakira amanywa n’ijoro ikabarinda umubi.
Mu ndirimbo yagize ati “Iyo ukinguye ntawe ukinga,
kandi ukinze ntawe ukingura niwowe ufite urufungo rw’ibyo dusaba.Uri amahoro,
ku bagufite, ntagufite naba mfuye uri ubuzima buhoraho ku bakwizera”.
Dushime umaze igihe yerekeje muri Leta
Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko iyi ndirimbo yayandikanye na Irebe
Divine, bibutsa abantu kwiringira Uwiteka wenyine kuko ari we ukingira imiryango
ibyari inzozi bikaba impamo.
Mu kiganiro n’uyu muhanzi, yavuze ko kuva mu Rwanda
bitazamubuza gukomeza umuziki we kuko yajyanye n’umwunganizi we wari asanzwe
amufatira amashusho, Director Kingsley.
Ati “Ndamara impungenge abakunzi b’ibihangano
byanjye ko bazakomeza kumva ubutumwa nyuza mu ndirimbo nkora nsakaza ubutumwa
bwiza”.
Yatangaje ko indirimbo ye yashyizwe hanze yashyizwe
ku mbuga nkoranyambaga ze zirimo na YouTube iri mu mazina ye Yannick Dushime.
Yanick Dushimye yahamije ubushobozi bw'Imana mu ndirimbo yahuriyemo na Irebe Divine
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO NI WOWE YANNICK DUSHIME YAKORANYE NA IREBE DIVINE
TANGA IGITECYEREZO