RURA
Kigali

AS Kigali na Police FC zageze muri 1/4 mu gikombe cy'Amahoro

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:19/02/2025 19:13
0


IKipe ya Police FC yasezereye Nyanza FC naho AS Kigali isezerera Vision Fc maze zigera muri kimwe cya kane ndetse ni nazo zizacakiranira muri 1/4.



Kuri uyu wa Gatatu itariki 19 Gashyantare 2025 mu Rwanda hakinwe imikino y’igikombe cy’Amahoro muri kimwe cya munani, aho amakipe yashakaga amatike ko kujya muri kimwe cya kane agasangayo Rayon Sports, Amagaju, Gasogi United na Mukura VS zageze muri ¼ mu mikino yakinwe ku wa kabiri.

Umukino wabanje ni uwahuje ikipe ya Police FC yatsinze Nyanza FC ibitego 3-0 Maze ikomeza muri 1/4 Ku giteranyo cy'ibitego 4-2 Kubera ko umukino wa mbere Nyanza FC ariyo yari yawutsinze Ku bitego 2-1.  Ibitego bya Police FC byatsinzwe na Chukwuma Olidi, BYIRINGIRO LAGUE na Mugisha Didier.

Ikipe ya Police FC yamaze kugera muri 1/4 ni imwe mu makipe azi neza uburyohe bw'iri rushanwa kuko ni nayo iheruka kuryegukana nyuma yo gutsinda Bugesera FC ibitego 2-1 mu mukino wa nyuma mu mwaka imikino wa 2023-24.

Police FC yasezereye Nyanza FC ku giteranyo cy'ibitego 4-2

Undi mukino ni uwahuje AS Kigali na Vision FC, ni umukino AS Kigali yamanutse mu kibuga ishaka gutsinda kuko cyangwa kunyanya kuko umuko wabanje yari yatsinze Vision FCigitego 1-0.

Intego za AS Kigali yaje kuzigeraho mu gice cya mbere kuko cyarangiye itsinze igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Emmanuel Okwi, ariko abakinnyi nka Hussein Shaban bakaba barase ibitego byinshi.

Mu gice cya kabiri ikipe ya Vision FC yaje ifite umutwaro wo gutsinda ibitego bitatu ngo yizere itike yo kujya muri 1/4 ariko yagumye kurwana bikomeza kwanga ariko Twizeriman Onesme yaje kubona igitego cyateye akanyabugabo abakinnyi ba Vision FC ariko mumukino warangiye amakipe yombi anganya 1-1. 

AS Kigali yakomeje ku giteranyo cy'ibitego bibiri kuri kimwwe cya Vision FC. Muri kimwe cya Kane Police na AS Kigali nizo zizazakirana.

AS Kigali yasezereye Vision FC igera muri 1/4 aho izacakirana na Police FC ifite iki gikombe





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND