RFL
Kigali

Ibyo wamenya ku bantu bagendera kure imbuga nkoranyambaga

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:28/02/2024 10:59
0


Mu gihe bamwe bashyira byinshi byerekeye ubuzima bwabo ku mbuga nkoranyambaga, hari n'abandi birinda no kuzikoresha cyangwa bakaziyoboka bahisha ubuzima bwabo.



Izi mbuga zihuza abantu n'abandi, bamwe bakamamaza ibikorwa byabo ndetse abandi bagatanga ibitekerezo ku byasakajwe kuri zo.

Dore ibiranga abantu bahunga imbuga nkoranyambaga.

1. Gusigasira agaciro kabo

Abantu benshi bareba  ibikorerwa ku karubanda rimwe na rimwe birimo n'ibikorwa byo kwiyandagaza, bagahitamo  kugumana ibyabo mu ibanga.

Aba bantu bakunze guhitamo gutanga ubutumwa imbonankubone, aho gukoresha uburyo bw'itumanaho nka telephone, kwandika ubutumwa n'ibindi, kuko nta cyizere bagirira abantu.

2.  Barisanzura mu ruhame

Aba bantu barirekura kuko ntacyo baba bikanga  mu gihe abazwi ku mbuga nkoranyambaga bo baba bikanga buri kantu, bigaragaza mu isura nziza kugira ngo nibavugwa batazababara.

Ibi bikunze kuba nko mu bikorwa bihuza abantu benshi nk'ubukwe, ibitaramo n'ibindi, abasitari cyangwa abubatse uzina bazwi ku mbuga, bakifata n'igihe cyo kwirekura, kuko bahazwe amaso na benshi, mu gihe utazwi aba yiturije ntanumwe umwitayeho.

3. Batanga ibitekerezo byabo badatinya

Benshi bakunze gutanga ibitekerezo ariko bakibuka ko, bashobora gukomeretsa ababakurikira, bityo bagasa n’abarya indimi ntibagaragaze uruhande rwabo, cyane cyane iyo amashusho yabo cyangwa amajwi ashyirwa ku mbuga nkoranya mbaga.

Ibi bihabanye n’ibitekerezo by’umuntu udakurikirwa na rubanda kuko we avuga ibiri ku mutima we akanabisobanura, kuko ntaho azahurira n’ibitekerezo by’abandi bavuga kubyo yavuze agakoresha ukuri.

4. Hari ubwo batamenya amakuru y’ingenzi agezweho

Nubwo gukoresha imbuga bigira ingaruka mbi nyinshi ariko nanone bigira izindi ngaruka nziza nko kumenya amakuru agezweho,kumenmyenana n’abanntu benshi banatanga umusaruro bitewe n’ibikorwa ukora ndetse n’ibindi.


Ikinyamakuru GlobalEnglishEditing kivuga ko bisanzwe kuba umuntu yahitamo kwiyamamaza no gukoresha imbuga mu buryo ashaka ariko kandi  akitegura umusaruro bizamuha. Bavuga ko ntakibazo kuba umuntu yahitamo kugumisha ubuzima bwe mu ibanga akabaho yimenyera ibye nta bibazo agirana n’abantu, gusa bikamusaba izindi mbaraga kugira ngo ntasigare inyuma mu iterambere, kuko izi mbuga zifasha gutangaza ibigezweho n’amakuru akenewe na buri wese.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND