RFL
Kigali

Mu ndirimbo 'Ndafise Impamvu' Fortran Bigirimana yikubise imbere y’Imana-VIDEO

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:27/02/2024 13:15
0


Umuramyi Bigirimana Fortran uri kubarizwa mu Bufaransa, yashyize hanze amashusho y’indirimbo yagarutse ku mpamvu zo gushima Umwami Yesu wabaye igitambo cy’abanyabyaha.



Mu kiganiro na Inya Rwanda, uyu muririmbyi yavuze ko umutima we wuzuye impamvu nyinshi zo gushima Yesu, amahoro yahawe, ndetse n’ibyishimo byuzuye umutima yamuhaye ku buntu.

Ati“ Ndafise impamvu yo kumushima Yesu, ndacyafise impamvu yo gutera hallellua. Hari aho yankuye ntazibagira, hari ibyo yankoreye ntazibagira. Amahoro yampaye ashibamira  umutima wanje, umunezero wiwe nizo nkomezi zanje.Yanyujuje ishimwe ataho norikuye hallellua hallellua”.

Fortran yatangarije InyaRwanda ko iyi ndirimbo ye ibanziriza izindi nyinshi agiye guha abakunzi be ndetse agatambutsa ubutumwa bwiza binyuze mu gutanga ibihangano by’umwuka.

Ashimira Nyagasani wamuhisemo kugirango abe umwe mu bavugiramana kandi akoreshe impano ye, avuga kugira neza kwayo n’umurimo ukomeye Yesu yakoreye abatuye Isi wo kubabera inshungu y’ibyaha byabo akabambwa ku bwabo.

Uyu mwuga yinjiyemo avuga ko wamunyuze, kuko aribwo buryo yabonye yanyuzamo ijambo ry’Imana akabwiriza benshi akoresheje ijwi yahawe, akamamaza ishimwe ry’iyamuhamagaye.

Ati “ Nishimiye gukoresha ijwi ryanjye namamaza urukundo rwa Yesu Kristo ndetse no kugira neza kw’Imana benshi bagasobanukirwa imbaraga z’ubumana”.

Uyu muramyi ashimira abantu bose bakomeje gukunda ibihangano bye no kubisangiza benshi banyotewe no kumenya Imana,  abashishikariza no guhinduka kuyikorera bakaba abayoboke bayo.


Fortran Bigirimana yaririmbye ku mpamvu zimutera gushima Yesu


Yavuze ko agiye gukora indirimbo nyinshi 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO “ NDAFISEIMPAMVU” YA FORTRAN BIGIRIMANA

  ">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND