Kigali

Ikosa rimwe gusa! Muhoza Eric yatangaje icyatumye atitwara neza muri Tour du Rwanda - VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:26/02/2024 9:49
0


Muhoza Eric umwe mu bakinnyi u Rwanda rwari rucungiyeho muri Tour du Rwanda y'uyu mwaka, yatangaje icyamuteye umusaruro muke, benshi batamukekeraga.



Kuri iki cyumweru, ni bwo hasojwe isiganwa rya Tour du Rwanda, ryari rimaze icyumweru rizenguruka ibice byose bigize u Rwanda. Ni isiganwa riba buri mwaka abanyarwanda bafite abakinnyi bahanze amaso, kuri iyi nshuro Muhoza Eric akaba ari we munyarwanda wari witezwe cyane.

Uyu musore w'imyaka 22 yari yaje mu bakinnyi 15 bitwaye neza muri Tour du Rwanda y'ubushize, ari nacyo cyatangaga icyizere. Nyuma y'agace ka nyuma ka Tour du Rwanda Muhoza aganira na InyaRwanda yagarutse ku bihe yahuye nabyo ndetse n'icyamugoye muri iyi minsi 8.

Yagize ati: ''Yego uko abanyarwanda bari biteze ko nakwitwara muri iyi Tour du Rwanda si ko byagenze, ku munsi wa 3 nabashije kuba natakaza ibihe, isiganwa rihita rihinduka iyo ukoze ikosa rimwe mu isiganwa byose bihita bihinduka".

"Nagerageje ukuntu nibura nakwegukana agace ariko biranga, mpitamo gufasha bagenzi banjye, ubu umwaka utaha ni bwo nzongera kugerageza. Iyi Tour du Rwanda insigiye ko meze neza ntasubiye inyuma, ni amahirwe make ndizera ko umwaka utaha bizagenda neza".

Tour du Rwanda y'uyu mwaka, Muhoza Eric yayisoje ari ku mwanya wa 40, arushwa iminota 28 n'umukinnyi wa mbere wegukanye isiganwa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND