Kigali

Shakira yatuye Grammy ye abimukira bari guhambirizwa muri Amerika - AMAFOTO

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:3/02/2025 8:00
0


Nyuma yo kwegukana igihembo cya ‘Best Latin Pop Album’ mu bihembo bya Grammy, Shakira yahise atura iki gihembo abimukira bari kwirukanwa muri Amerika hanyuma ahita asohoka arataha.



Nyuma yo kwakira igihembo cya Best Latin Pop Album abicyesha album “Las Mujeres Ya No Lloran”, Shakira yashimiye cyane abana be, umuryango we ku bwo kumufasha kugera ku nzozi ze yahoze aharanira kuva na kera.

Shakira kandi yahise atura iki gihembo abagore n’abagabo b’abimukira bari kwirukanwa muri Amerika abandi batifuza gutaha bagafungwa nk’uko ari ryo tegeko rishya Donald Trump yashyizeho rikumira rikanasubiza abimukira bari muri Amerika mu bihugu byabo.

Uyu muhanzikazi wo muri Colombia, yagize ati: “Ndashaka gutura iki gihembo bashiki na basaza banjye b’abimukira muri iki gihugu. Murakunzwe kandi muri ab’agaciro kandi nzahora mbarwanirira.”

Shakira kandi yashimiye abagore bose biyuha akuya ku bw'imiryango yabo. Yagize ati: “Ku bagore bose bakora cyane buri munsi kugira ngo batunge imiryango yabo, muri ab’agaciro.”

Shakira washimiye abagore bakora cyane kugira ngo batunge imiryango yabo, na we ni umwe mu batunze umuryango we cyane ko umugabo we Gerard Pique batandukanye kuri ubu akaba ari kurera abana babyaranye.

Ashyigikiye kandi abimukira kuko nawe atari kavukire muri Amerika kandi haaba hari bamwe mu bakomoka muri Colombia bensho bashyizwe ku rutonde rw’abagomba gusubira iwabo banze bakunze.

Mu matora aheruka, Shakira yari ashyigikiye Kamala Harris watsinzwe na Donald Trump uri ku butegetsi magingo aya. 


Ubwo Shakira yanyuraga ku itapi itukura


Shakira yegukanye Grammy Award mu cyiciro cya Best Latin Pop Album


Shakira yatuye igihembo cye abimukira bari muri USA abizeza ko azahora abarwanirira



Shakira yashimiye abagore biyuha akuya ku bw'imiryango yabo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND