Kigali

Kanye West waserukanye n’umugore we yambaye ubusa birukanywe mu birori bya Grammy - AMAFOTO

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:3/02/2025 7:55
0


Kanye West na Bianca Censori bateje urunturuntu nyuma y’uko bitabiriye ibirori by’itangwa by’ibihembo bya Grammy ariko bagahita basubirayo nyuma yo kunyura ku itapi itukura bamwe bakavuga ko birukanywe abandi bakavuga ko ari ku bw'impamvu zabo.



Mu ijoro ryakeye muri Crypto.com Arena hatangiwe ibihembo bya Grammy Awards akaba ari na byo bihembo bifatwa nk’ibya mbere ku Isi dore ko umuntu wese ubihawe aba ari umwe mu bayoboye umuziki w’Isi.

Nyuma y’imyaka 10 adakandagira muri ibi birori, Kanye West yatunguranye anyura ku itapi itukura ari kumwe n’umugore we Bianca Censori wari wambaye ubusa buri buri.

Bianca Censori yaje yambaye ikote rirerire ry’umukara ariko ageze ku itapi itukura arikuramo asigara yambaye akenda kerekana ibice bye byose by’umubiri  haba ibyo hejuru cyangwa se hasi.

Nyuma yo kunyura ku itapi itukura, amakuru yatangiye gucicikana ko bagiye kwinjira ariko bagasubizwa inyuma kubera ko bari bitumiye kandi ibyo birori bikaba byitabirwa n’abahanzi batumiwe gusa.

Ikinyamakuru Variety cyo gitangaza ko kuba Kanye West na Bianca Censori bahise bafata inzira bakongera bagataha atari uko bangiwe kwinjira ahubwo Kanye West yavuye kwifotoza ku itapi itukura hanyuma ahita akomereza mu modoka arongera aragenda.

Mu mwaka wa 2015, Kanye West ni bwo yitabiriye ibi birori bya Grammy hanyuma anaririmba indirimbo “FourFiveSeconds" yafatanyije n’umuhanzikazi Rihanna. Mu myaka itandatu ishize ubwo yaherukaga, yaririmbye indirimbo “Only One,” yahimbiye umukobwa we North West na mama we Donda.


Kanye West na Bianca Censori banyuranye ku itapi itukura


Bianca Censori yari yambaye akenda kagaragaza ubusa bwe kuruta uko atari kukambara


Bianca Censori yari yambaye ikote rirerire ageze ku itapi itukura arikuramo asigara ahagarariye aho






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND