RURA
Kigali

Icyerekezo cy'Umujyi wa Kigali mu bitaramo utegura

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:12/02/2024 21:27
0


Umujyi wa Kigali watangaje ko ukomeje gahunda yo kuvugurura imiterere y'ibitaramo utegura biba buri kwezi, mu rwego rwo gufasha abatuye uyu Mujyi gususuruka cyane cyane mu mpera z'ukwezi.



Byatangajwe n'Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2024, cyagarukaga ku iserukiramuco “Kigali Triennial”.

Meya Samuel Dusengiyumva yavuze ko barajwe ishinga no gushyira imbaraga mu bikorwa bifasha abatuye Umujyi wa Kigali 'n'abashyitsi bacu' kugira ibihe byiza.

Ati "….Niba waje mu nama ukaba wagira uburyo uruhuka. Ariko ukagira n'uburyo uhura n'umuco Nyarwanda."

Yavuze ko bari kugerageza kwagura ibikorwa by'imyidagaduro bikarenga umuziki gusa, ahubwo abakunda siporo zirimo nk'umupira w'amaguru, Volleyball n'abo bashakirwe aho kubirebera kandi mu gihe gikwiye.

Ati "Ibyo byose birahari. Ariko turifuza ko binaba mu buryo buhoraho. Ku buryo yaba abatuye Umujyi wa Kigali n'abashyitsi bacu bamenya aho biri kubera kugirango babyitabire."

Yavuze ko kwagura ibikorwa bizafasha urubyiruko kubona akazi, kandi bizafasha n'ababishoramo imari gukomeza kubona ubushobozi.

Meya Samuel yavuze ko bari gutekereza uko igitaramo cyabaga buri kwezi, cyahuzwa n'ibindi bikorwa bikajya bibera mu Imbuga City Walk.

Ati "Ku gitaramo mwari mukomojeho rero cyaberaga mu Imbuga City Walk,  twagirango tubamenyeshe ko dushaka no kurenga icyo gitaramo cya rimwe mu kwezi, ahubwo haberemo n'ibindi bikorwa."

Meya Samuel yatanze urugendo rw'igikorwa cy’iserukiramuco riherutse guhuriza hamwe urubyiruko muri Car Free Zone aho bamuritse 'ibikorwa byiza', kandi binahuzwa n'uburyo bwo kwidagadura 'ariko bizana n'amafaranga ku rubyiruko'.

Yavuze ko Umujyi wa Kigali uri gutekereza gukoresha ahantu hose bafite hahurira abantu nk'umurongo wo gufasha urubyiruko kwiteza imbere no kugaragaza ibyo bakora, kandi bigahuzwa n'ibikorwa bifasha abantu kwidagadura.

Meya Samuel ati "[...]N'ahandi hantu hatandukanye dufite ibyanya byo kwidagadura tuzakomeza gushyiramo imbaraga ku buryo abafite impano, abafite ibyo bashabora kugeza ku banya-Kigali babigeza aho ngaho n'abanya-Kigali bakaza kubihasanga, bakabigura, bakanidagadura."

Yavuze ko muri rusange bateganya kuvugurura imiterere y'igitaramo bari basanzwe bakora, buri kwezi bakajya bagira igitaramo kirenze kimwe. Ati "Nari mvuze ko tutazajya tugira igitaramo cya rimwe mu kwezi gusa ahubwo bizarushaho kuba byinshi."

Muri Mutarama 2024, Umujyi wa Kigali wakoze ibitaramo nk'ibi bibiri, kandi uvuga ko ari nako bizakomeza kugenda buri mwaka.

Ku wa 16 Mutarama 2024, habaye igitaramo cyashyize akadomo ku imurikabikorwa ry'urubyiruko mu Imbuga City Walk ryateguwe mu kwezi kwahariwe Isangano ry'Urubyiruko ngo rwerekane ibyo rukora.

Abitabiriye imurikabikorwa bifuje ko ryajya ritegurwa kenshi kugira ngo bibafashe kumenyekanisha ibyo bakora mu Rwanda no ku ruhando mpuzamahanga. Kandi basusurukije n’abahanzi barimo Juno Kizigenza, Alyn Sano na Chriss Eazy mu ndirimbo z’abo zigezweho

Umuhanzikazi Alyn Sano uherutse gushyira hanze indirimbo 'Biryoha Bisangiwe' yataramiye mu Imbuga City Walk    

Juno Kizigenza yisunze indirimbo ze zakunzwe kuri Album ye 'Yaraje' yaririmbye mu bitaramo bitegurwa n'Umujyi wa Kigali    

Umujyi wa Kigali uvuga ko wihaye gahunda yo gukoresha ahantu hose hari icyanya mu gususurutsa abatuye Kigali  


Yisunze indirimbo ze zirimo 'Inana', Chriss Eazy yatanze ibyishimo ku rubyiruko rwitabiriye iki gitaramo 

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva yatangaje ko buri kwezi bazajya bagira igitaramo kirenze kimwe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND