RFL
Kigali

Nzahora nibuka ibihe byiza twagiranye! Umukunzi wa Zahara uherutse kwitaba Imana yamusezereyeho

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:14/12/2023 21:57
0


Ku gicamunsi cyo kuwa mbere, tariki 11 Ukuboza 2023, nibwo humvikanye inkuru y'incamugongo ivuga ko umuhanzikazi wakomokaga muri Afurika y’Epfo, Zahara, yitabye Imana azize uburwayi ku myaka 35 y’amavuko gusa.



Umuhanzikazi Bulelwa Mkutukana wamenyekanye nka Zahara wigeze gutaramira mu Rwanda inshuro ebyiri zose, yasezeweho bwa nyuma n’inshuti ndetse n’umuryango we. Uyu muhanzikazi yahesheje ikuzo Afurika y'Epfo binyuze mu ijwi rye ry'umwimerere mu gihe yari akiri ku isi.

Kuri uyu wa kane tariki 14 Ukuboza 2023 nibwo abafana, inshuti, abo bari bahuriye mu ruganda rwa muzika, ndetse n’umuryango bateraniye mu rusengero rwa Rhema Bible Church kugira ngo bunamire umuhanzi watsindiye ibihembo ndetse akaba n’umunyamakuru witwa Zahara, umaze iminsi micye yitabye Imana.

Kimwe n’abandi bari bitabiriye uyu muhango, Umugabo wa Zahara, Mpho Xaba yaafashe umwanya yibuka uko yahuye n'uyu muririmbyi wamuhumurije mu gihe yari arimo cy'umwijima. Yavuze uburyo Zahara yari yarateguye kuvuga ku byerekeye inkuru y’urukundo rwabo ku munsi w’ubukwe bwabo, ikubiyemo uko yamugoye kugirango amubone.

Mpho yavuze ko baje kujya mu rukundo ndetse akamugaragariza urukundo rwe rwose binyuze mu mabaruwa na videwo yamwohererezaga.

Muri iyo baruwa ya nyuma uwahoze ari umukunzi wa Zahara yamwandikiye, yavuze amagambo menshi ateye agahinda, asobanura ko amusigiye icyuho gikomeye mu mutima

Yagize ati: “Nzahora nibuka ibihe byose namaranye nawe. Igihe twahuraga bwa mbere, wankuye ahantu h'umwijima, hijimye, wongeye kungarurira icyizere mu rukundo. Ntabwo wigeze unshira urubanza unkanga, ahubwo wangiraga inama. Kandi nyuma yaho, wahisemo kungumana wenyine. Imishinga myinshi cyane, ibihe byiza byinshi twagiranye, ariko ibyateganijwe burya byagenwe ukundi. Mu izina ry'abana, Keamogetwe na Kamogelo, tuzagukunda iteka. Njyewe, nzagushakisha mu isi igihumbi n'ibihumbi icumi by’ubundi buzima kugeza igihe nzakubonera.”

Zahara wamenyekanye mu ndirimbo nka 'Loliwe,' yambitswe impeta na Mpho Xaba amusaba ko yakwemera akazamubera umugore, ndetse n’ubukwe bwari buteganijwe mu Gushyingo uyu mwaka nyuma y’amezi atandatu bakundana.

Iyi, yari impeta ya gatatu uyu muhanzikazi yari yambitswe, nyuma ya Ian Sibiya wayimwambitse mu 2019 ndetse n’undi wayimwambitse nyuma bikaza gupfa.


Uwahoze ari umukunzi wa Zahara yamusezeyeho bwa nyuma


Yitabye Imana ku myaka 36 y'amavuko






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND