Kigali

APR WVC yatandukanye n'abatoza bayo

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:13/12/2023 12:07
0


Ikipe ya APR Volleyball Club y'abagore yatandukanye n'abari abatoza bayo, bivugwa ko ari ukubera umusaruro muke.



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tarili 12 Ukubonza 2023 , nibwo ubuyobizi bw'ikipe ya APR WVC, bwafashe umwanzuro wo gutandukana na Siborurema Florien wari umutoza mukuru, Umutesi Josée wari umutoza wungirije, ndetse na Uwibambe Angelique wari Team Doctor w'iyi kipe.

Aba bakozi biravugwa ko ikipe yafashe umwanzuro wo gutandukana nabo, kubera umusaruro muke wabaranze mu mwaka w'imikino ushize.

Umwaka urangiye w'imikino, ntabwo wahiriye ikipe ya APR WVC kuko mu bikombe hafi ya byose yakinnye, yaba shampiyona, (GMT) Kayumba Memorial Tournament Liberation no gushimira abasora, biri mu byatumye iyi kipe ikora impinduka. Ubuyobizi bwa APR WVC buri gushaka abandi batoza barimo abashobora kuva hanze, byakwanga bakaba bashaka abandi ba hano mu Rwanda. 

Siborurema Florien ufite igikombe mu biganza, niwe wari umutoza mukuru wa APR WVC gusa akaba yatakaje izi nshingano 

Ubuyobozi bwa APR WVC burashaka ikipe yongera kwegukana ibikombe hafi ya byose bikinirwa mu Rwanda 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND