RURA
Kigali

Dani Alves yagizwe umwere

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:28/03/2025 14:31
0


Uwahoze ari myugariro wa FC Barcelona n’ikipe y’igihugu ya Brazil, Dani Alves, yatsinze ubujurire bwe nyuma y’uko urukiko rwo muri Espagne rusanze ibimenyetso bidahagije byo kumuhamya icyaha cyo gufata ku ngufu.



Uyu mukinnyi w’imyaka 40 yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka ine n’amezi atandatu muri Gashyantare 2024, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata ku ngufu umugore umwe mu kabyiniro i Barcelona ku mugoroba w’ubunane bwa 2022. Nubwo urukiko rwari rwamuhamije icyo cyaha, we yakomeje kubihakana.

Dani Alves yarekuwe muri Werurwe 2024, mu gihe yari ategereje ko ubujurire bwe bwumvwa n’urukiko rwo hejuru. Kuri uyu wa Gatanu, urukiko rw’ubujurire rwategetse ko ibimenyetso byari byatanzwe bidahagije ngo byemeze ko Dani Alves koko yakoze icyo cyaha, bityo urukiko ruhitamo kumurekura burundu.

Dani Alves ni umwe mu bakinnyi bafite ibikombe byinshi mu mateka y’umupira w’amaguru, akaba yarakinye mu makipe akomeye nka FC Barcelona, Juventus na Paris Saint-Germain. 

Yafashije Brazil gutwara Copa América inshuro ebyiri ndetse no kwegukana umudali wa zahabu w’imikino Olempike afite imyaka 38. Yitabiriye igikombe cy’Isi cya 2022, cyari icya gatatu kuri we, ariko akaba atarigeze yegukana icyo gikombe.

Yari umukinnyi wa Pumas UNAM yo muri Mexique ubwo yafungwaga, ariko iyi kipe yahise isesa amasezerano ye nyuma yo gukatirwa igifungo.

Dani Alves yari umukinnyi wa mbere uzwi cyane waburanishijwe hakoreshejwe itegeko rishya ryashyizweho muri Espagne mu 2022, rishyira imbere igitekerezo cy’uko consent (kwemera cyangwa kutemera) ari cyo cy’ingenzi mu gusobanura icyaha cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. 

Iri tegeko, rizwi nka “only yes means yes” (bisobanura ko kwemera bigomba gutangwamo itangazo ry’umwimerere.

Urukiko rw’ubujurire rwa Barcelona rwategetse ko ibisobanuro byatanzwe n’uwashinje Dani Alves bitandukanye cyane n’amashusho yafashwe mbere y’uko bombi binjira mu bwiherero aho uwo mugore yavuze ko yasambanyijwe ku gahato. Ibi ni byo byatumye urubanza rusubirwamo, rutegeka ko Dani Alves adahamwa n’icyaha.

Uru rubanza rwa Dani Alves rwateje impaka zikomeye ku bijyanye n’uburenganzira bw’abaregwa, uburyo ibimenyetso bisuzumwa, ndetse n’uruhare rw’amategeko mashya mu gutanga ubutabera ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

 

Dani Alves yahanaguweho ibyaha byose yashinjwaga byo gufata ku ngufu

Dani Alves yabaye umukinnyi w'igitangaza muri FC Barcelona

Dani Alves yabaye icyogere mu ikipe y'igihugu ya Brazil






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND