RURA
Kigali

Umwana w'imyaka 13 yishe arashe mugenzi we w'imyaka 14 biganaga

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:28/03/2025 11:24
0


Umukobwa w’imyaka 14 yishwe arashwe na mugenzi we biganaga mu ishuri rimwe ku bwo gutonganira mu modoka barimo bataha bava ku ishuri.



Ikinyamakuru New York Post gitangaza ko uyu mukobwa w’imyaka 14 yarasiwe i Texas ahita ahasiga ubuzima akaba yarashwe n’umwana w’imyaka 13 biganaga.

Anaya Zachary yarashwe inshuro enye ubwo mu kibuga cy’imikino kiri hanze y’inyubako y’amacumbi i Baytown, mu birometero 40 mu burasirazuba bwa Houston ndetse umubyeyi wari ufite umwana nawe akaba yarakomerekeye muri iryo rasana nk’uko polisi yabitangaje.

KPRC 2 itangaza ko uyu mwana w’imyaka 13 utatangajwe amazina ye kubera imyaka ye, yatawe muri yombi kugira ngo akurikiranweho icyo cyaha acyekwaho.

Uwo muhungu yarashe Zachary nyuma y’uko bashwanye mu modoka itwara abanyeshuri ibajyana iwabo bavuye ku ishuri rya Baytown Junior Middle School uwo munsi, nk’uko nyirakuru wa Anaya, Sonya Stanford, yabibwiye icyo kinyamakuru.

Uyu mwana yagiye iwabo abatura imbunda hanyuma yambara imyenda y’imikara n’agapfukamunwa ko guhisha isura, hanyuma asanganira Anaya aramurasa ahita ahasiga ubuzima.

"Yari umwana mwiza, w’intangarugero mu ishuri. Nta kibazo na kimwe yagiraga. Yubahaga abantu.” Sonya Stanford avuga urwibutso umwuzukuru we amusigiye.

Uyu mukecuru yavuze ko ababyeyi b’uyu mwana batagakwiye kuba barabitse imbunda aho umwana abona kandi ko batagakwiye kuba barayibikanye n’amasasu yayo kuko nyuma yo guserera, Anaya ntabwo yari akirakariye uyu mwana w’umuhungu ahubwo yifuzaga kumubabarira.



Anaya wishwe arashwe na mugenzi we biganaga nyuma yo guserera mu modoka ibavana ku ishuri





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND