RURA
Kigali

Will Smith yavuze inama yagiriwe na Jay-Z na Kendrick Lamar

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:28/03/2025 11:26
0


Nyuma y’imyaka ibiri atagaragara ku isoko ry’umuziki, Will Smith yongeye gusohora album nshya, Based on a True Story. Kugira ngo azayikore neza kandi itajyanwa n’ibihe gusa, yafashe icyemezo cyo kugisha inama bamwe mu baraperi bakomeye barimo Jay-Z na Kendrick Lamar.



Will Smith yavuze ko yaganiriye na Jay-Z, umwe mu baraperi n’abashoramari b’abahanga mu mateka ya Hip-Hop, amugira inama ikomeye.

Jay-Z yaramubwiye ati: “Ntugafake inkuru yawe. Ugomba kuvuga ibijyanye n’ubuzima bwawe. Ntukagerageze gusa n’abaraperi bakiri bato kuko utabayeho nka bo. Ba ukuri kuri wowe.”

Iyi nama ya Jay-Z ni yo yahaye izina album nshya ya Will Smith, Based on a True Story (Ishingiye ku nkuru nyayo), kuko yashakaga ko amagambo ayirimo aba ashingiye ku buzima bwe nyabwo.

Kendrick Lamar, umwe mu baraperi bayoboye injyana ya rap muri iki gihe, na we yahaye Will Smith inama y’ubutwari. Yamubwiye ati: “Vuga ibyo wakundaga kugira ubwoba bwo kuvuga maze ubishyire hanze.”

Will Smith yavuze ko iyi nama yayifashe nk'igihamya cy’uko album ye igomba kuba irimo ukuri, aho kuba igikorwa cyo kwishimisha cyangwa gushimisha abandi gusa.

Yagize ati: “Nashakaga gukora indirimbo mvuga ibiri ku mutima, aho gukorana igitutu cyo gushaka ko abantu banyemera. Gusa nashakaga gukora umuziki wanjye nyawo.”

Will Smith yavuze ko Based on a True Story ari album ye ya mbere yumvise ko ifite ubuhanga budasanzwe, kuko yayikoze nta kwigana abandi, ahubwo yubakiye ku mateka ye bwite.

Ati “Gukora album nshya nyuma y’imyaka myinshi byari ibintu byansabye imbaraga. Nshimira Jay-Z na Kendrick Lamar kuko banyeretse inzira yo kuvuga ibyanjye uko biri, nta kwishushanya.”

Uretse gusohora album, Will Smith aherutse guhabwa icyubahiro gikomeye aho umuhanda wo muri Philadelphia, aho yakuriye, wahawe izina rye. Yatangaje ko ari ishema rikomeye kuri we, yandika kuri Instagram ati:“Philadelphia, ndi uwawe. Iki ni cyo cyubahiro gikomeye kurusha ibindi byose.”

Uyu muhanda uri kuri 59th Street washyizweho izina Will Smith Way, nk’icyubahiro ku rugendo rwe rwa muzika, sinema, no guhindura ubuzima bw’abafite inzozi zo gutera imbere.

Uyu mushinga mushya wa Will Smith ugaragaza ko agishoboye kandi agifite umwimerere nk’umuhanzi, atari nk’uwashakaga kwiyegereza abamukunda gusa. Byitezwe ko Based on a True Story izaba album ikomeye, aho abantu bazumva ukuri kwe kurenze uko bari basanzwe bamuziho.

 

Wil Smith yavuze ko yagiriwe inama ikomeye na Jay-Z na Kendrick Lamar






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND