RFL
Kigali

Kirehe: Barataka urugomo bakorerwa n'umusore wakatiwe n'Inkiko ntafungwe

Yanditswe na: Ngabonziza Justin
Taliki:6/12/2023 16:39
0


Umusore utuye mu karere ka Kirehe aravugwaho gukubita abaturage kandi yarakatiwe ntafungwe mu gihe we ahamya ibikorwa by'urugomo abiterwa no gusinda .



Abaturage batuye  mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe bavuga ko umusore wakatiwe gufungwa imyaka itatu kubera gukubita no gukomeretsa abantu, abangamiye umudendezo w'abaturage  ariko akaba atajyanwa  mu Igororero, akomeje ibikorwa by’urugomo.

Uyu musore witwa Mutijima Gaston,  mu minsi yashije yakatiwe gufungwa  n’Urukiko rw'Ibanze  rwa Nyarubuye,ariko ntiyafungwa .

Uwitwa Hirwa Emile  mu Mudugudu wa Mutwe mu Kagari ka Nasho muri uyu Murenge wa Mpanga,  yabwiye   RadioTV10  dukesha iyi nkuru ko mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 yakubiswe n’uyu musore ubwo yamusangaga ari gukiza abarwanaga ku muhanda.

 Yagize Ati “Barimo bashyamirama, harimo n’abandi bapapa, ndabakiza niba barabonye ko mbabangamiye bahita bamfata barankubita.”

Umubyeyi  w'uwitwa  Hirwa Emile, avuga nta butabera  umuhungu we yahawe  dore ko batanze ikirego mu Bugenzacya cyakirwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarubuye, hakaba hashize ukwezi Urukiko rukatiye umusore wamukubitiye umwana igifungo cy’imyaka 3 ariko ntafungwe.

Undi muturage witwa Ntegekurora Frodouard  na we avuga ko uyu musore yamukubise muri iki cyumweru.

Ati “Yankubise, amaze kunkubita yankubise imitwe itatu ndakanuka n’amenyo arajegera njya kwa muganga.”

Bamwe mu baturage bavuga ko uyu musore  na bagenzi be bakunze kugaragarwaho urugomo, bakwiye kujyanwa mu kigo ngororamuco kugira ngo bahindure imyitwarire yabo .

Mutijima Gaston uvugwaho gukubita no gukomeretsa abaturage, yemeye ko ajya agira urugomo, ariko ko arugira iyo yanyweye inzoga.

Ati “Icyo kurwana cyo nkiyiziho nanjye. Ariko hari igihe usanga atari njye bitewe n’ubusinzi. Kuko rimwe na rimwe kenshi mbikora nasinze, ntabwo mba nabiteguye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno  aganira ni TV10 yavuze iki kibazo batari bakizi nk’ubuyobozi, ariko ko bagiye kugikurikirana.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND