RFL
Kigali

Rwamagana: Abafite ubumuga basabwe kubyaza umusaruro amahirwe bahabwa

Yanditswe na: Ngabonziza Justin
Taliki:3/12/2023 22:57
1


Ubwo hizihizwaga umunsi Mpuzamahanga wahariwe abantu bafite ubumuga mu Karere ka Rwamagana, ubuyobozi bwasabye abafite ubumuga kubyaza umusaruro amahirwe bahabwa bagaharanira iterambere rirambye



Kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Ukuboza, 2023  ubwo mu Murenge wa Nyakaliro hizihizwaga umunsi Mpuzamahanga w'abafite ubumuga ku rwego rw'Akarere ka Rwamagana, abafite ubumuga basabwe kubyaza umusaruro amahirwe bahabwa bagaharanira iterambere rirambye ndetse ababyeyi bafite abana bafite ubumuga basabwa kwirinda kubahisha ahubwo bakoherezwa mu mashuri bagahabwa ubumenyi buzatuma bagira ubushobozi bwo kwiteza imbere .


Mbarushimana Saidi yashimiye ubuyobozi uburyo bufasha abafite ubumuga guhindura imibereho yabo.

Umwe mu bantu bafite bafite Ubumuga watanze Ubuhamya Mbarushimana Saidi yashimiye Leta uburyo ifasha abantu bafite bagakora ibikorwa by'iterambere byahinduye imibereho yabo.

Yagize ati" Leta y'Ubumwe ntihwema kugira inama yo kwiteza imbere . Ndashimira Perezida wacu Paul Kagame, wadukuye mu buzima bubi,ubu mumbona ntabwo nagiraga aho kuba ariko ubu mfite kuba ndetse bampaye inka ndetse ndagerageza kwiteza imbere abana banjye ntibabure amata ndetse nkasagurira isoko."



Nkikabahizi Ndanguza Jean Bosco umuhuzabikorwa w'Inama y'Igihugu y'abantu bafite ubumuga mu karere ka Rwamagana.


Umuhuzabikorwa w'Inama y'Igihugu y'abantu bafite ubumuga mu Karere ka Rwamagana, Jean Bosco Ndanguza yasabye abantu bafite abana bafite ubumuga  kubarinda ihezwa rishobora kubabuza amahirwe yo kwiga no kugira ubumenyi bubafashe Kugera Ku Iterambere ry'imibereho myiza .

Yagize ati" Aho Isi igeze ubu ubukungu  bushingiye ku  bumenyi niyo mpamvu umuntu ufite Ubumuga ashobora kuvutswa  amahirwe igihe cyose yahezwa  mu kubona ubumenyi. ,niyo mpamvu dusaba abantu bose bafite  abana bafite Ubumuga kubafasha bakabona bakiga mu mashuri kuko mu gihugu cyacu uburezi ntibuheza .  Turasaba kutavutsa amahirwe abana bafite ubumuga."

 Yakomeje agira  ati" Ndasaba abantu bafite Ubumuga kubyaza umusaruro amahirwe twahawe na Leta yacu  irangajwe imbere na Nyakubahwa perezida wa Repubulika Paul Kagame ,tukaba tubasaba gukora mugatera imbere kugira ngo  mugire uruhare mu Iterambere ry'Igihugu cyacu ."

Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yijeje abantu bafite ubumuga ko ubuyobozi bw'Akarere ka Rwamagana buzakomeza guteza imbere imibereho yabo abasaba no kwitinyuka bagakora ibikorwa bibateza imbere .

Yagize ati" Tuzakomeza gufatanya n'abayobora Inama y'Igihugu y'abantu  bafite Ubumuga n'abafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo ubumenyi abantu bafite  ubumuga  bubagirire akamaro. Turasaba abafite ubumuga  twitinyuka bakagaragaza ibyo bashoboye  kuko nabo bafite ubushobozi bwo kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyacu.." 

Meya Mbonyumuvunyi yakomeje Agira ati "Uburezi budaheza ni umurongo Leta y'u  Rwanda yihaye ,  abantu bafite Ubumuga nabo barashoboye ,icyo dusabwa n'ukuborohereza kugira ngo bagere Ku nshingano zabo haba mu kazi ndetse tukanabohereza no Kubona serivisi bifuza. Akarere ka Rwamagana tubijeje ubufatanye ,mwifitemo ubumenyi ubushobozi n'impano nyinshi ,ibyo byose  mwibipfukirana mubishyire ahagaragara bimenyekane kuko mwifitemo impano nyinshi ndetse mufite n'ubushobozi byabagirira akamaro abandi tuzakora ibishoboka byose impano mwifitemo muzigaragaze  kuko murashoboye "

Abantu bafite ubumuga mu karere ka Rwamagana barenga 3000 ,abana bafite ubumuga bagera kuri 800. Abafite Ubumuga bibumbuye mu matsinda yokwiteza imbere amakoperative agera 70.



 Kamugisha Patrick ,Visi perezida w'Inama Njyanama mu karere ka Rwamagana yashimiye abafite ubumuga uburyo bagira uruhare mu bikorwa by'iterambere 

Abantu bafite ubumuga batishoboye  bahawe inyunganirangingo 



Abafite ubumuga bo Murenge wa Nyakaliro bishimiye kwizihiza umunsi Mpuzamahanga w'abafite ubumuga.



Abajyanama mu Nama Njyanama y'Akarere ka Rwamagana bitabiriye umunsi Mpuzamahanga wahariwe abantu bafite ubumuga.



Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bahawe matera zo kubaryamishaho abana babo.



Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga basabwe kubagaragaza bakajya mu mashuri .








Itorero ndangamuco n'abahanzi bo mu karere ka Rwamagana bataramiye abafite ubumuga mu mbyino gakondo n'indirimbo



Abafite ubumuga bizihirije umunsi Mpuzamahanga mu Murenge wa Nyakaliro Ku rwego rw'Akarere ka Rwamagana.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Munyaneza Isaac 7 months ago
    Mukomerezaho kumakuru meza mudusangiza burumunsi byumwihariko agamije kuzamura impano zurubyiruko





Inyarwanda BACKGROUND