Umuhanzikazi wo muri Uganda, Azawi yatangaje ko agiye gushyira ahagaragara album ye nshya yise "Sankofa" izaba iriho indirimbo yakoranye n'abarimo Mike Kayihura.
Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nzeri 2023, uyu mukobwa yatangaje ko iyi ndirimbo iri ku mwanya wa cyenda, kandi yayikoranye na Mike Kayihura, Ben Soul wo muri Kenya ndetse na Kitaka wo muri Uganda.
Kitaka ni umwe mu bahanzi babarizwa mu inzu ifasha
abahanzi mu bya muziki ya Swangz Avenue, ni mu gihe Ben Soul ari umunyamuziki
wabashije kwegukana ibikombe birimo Grammy Award.
Aherutse gushyira ku isoko album yise Lion of Sudah,
kandi abarizwa muri Label yitwa Sol Generation. Iyi album ya Vinka izajya ku
isoko tariki 9 Ukwakira 2023. Mu mashusho yasohoye, Vinka yavuzemo ko yishimiye
gukorana indirimbo n'abahanzi afata nk'abavandimwe be barimo Mike Kayihura.
Yavuze ko ibiganiro bagiranye ari byo byagejeje kuri
iyi ndirimbo, kandi ko ubwo bari muri studio bahuje buri kimwe bituma indirimbo
ikorwa mu buryo bworoshye. Avuga ko bahereye ku rurimbo rw'indirimbo (Melodie) kugeza
indirimbo ikozwe irarangira.
Uyu mukobwa avuga ko iyi ndirimbo ayifata nk'idarapo
ry'ibihugu byo mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba. Mu butumwa bwo kuri
Twitter, Mike Kayihura ndetse na Ben Soul bagaragaje ko banyuzwe no kugira
uruhare kuri iyi ndirimbo.
Pricilla Zawedde [Azawi] ugiye gusohora iyi ndirimbo ni
umwe mu babarizwa mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Swangz Avenue
ukataje mu muziki we.
Izina rye ryatangiye gukomera nyuma yo gushyira hanze indirimbo nka ‘Ten Over Ten’ yarebwe n’abarenga Miliyoni ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki.
Avuga ko Album ye izaba iriho indirimbo 14, kandi yakoranyeho indirimbo n’abahanzi banyuranye.
Ni album avuga ko izaba ikubiyeho
indirimbo zigaruka ku buzima bwa buri munsi, kandi izagaragaza imbaraga z’umugore
mu rugendo rw’ubuzima.
Azawi ari mu bahanzi bazaririmba mu muhango wo gutanga
ibihembo bya Trace Awards uzabera i Kigali, ku wa 20 Ukwakira 2023 muri BK
Arena. Aherutse gusohora indirimbo ‘Omwenge’ iri mu zigize iyi album ye azashyira
hanze tariki 9 Ukwakira 2023.
Mu 2020, uyu mukobwa yasohoye album yise ‘Lo Fit’.
Aherutse gutangaza ko kwinjira mu muziki byakurikiwe no kuvugwa ubutitsa mu
nkuru mbi n’inziza, ku buryo byagiye bigira ingaruka ku buzima bwe, rimwe na
rimwe bikamusaba gutuza.
Akora injyana ya Afro-pop, R&B, Dancehall ndetse
na Reggae. Kandi yamamaye mu ndirimbo zirimpo Quinamino, Repeat It, My Year,
Ten over 10, Slow Dancing n’izindi.
Uyu mukobwa anafite album yise ‘African Music’ iriho
indirimbo 16 zirimo nka My Year, Party Mood, Ache for You, Kido, Majje n’izindi.
Azawi aherutse gusohora indirimbo 'Omwenge' iri kuri
album ye 'Sankofa'-Yavuze ko mu itegurwa ry'iyi album buri munsi wari
uw'ibitekerezo bishya n'urugendo rudasanzwe kuri we
Azawi yagaragaje ko mu bahanzi bakoranye kuri iyi
album harimo Mike Kayihura
Mike Kayihura yakunze kujya muri Uganda mu bitaramo ari naho yakoreye iyi indirimbo ye na Vinka kuri album
Azawi avuga ko tariki 9 Ukwakira 2023 ari bwo azashyira hanze iyi album ye nshya
Azawi ategerejwe mu Rwanda aho azaririmba mu gutanga ibihembo Trace Awards 2023
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'TEN OVER 10' YA AZAWI
TANGA IGITECYEREZO