RFL
Kigali

Inzira y'umusaraba ya Annet nyuma yo kurwara Kanseri yo mu muhogo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:28/08/2023 8:17
0


Annet wo muri Uganda yagaragaje uburyo umuyango n’inshuti bamutaye mu bitaro ubwo yari amaze kubwirwa ko atazatinda kwicwa na kanseri yo mu muhogo nyuma yo gupimwa n’abaganga.Umuryango ndetse n’inshuti ze ngo bavuze ko azapfa vuba bityo ko nta mpamvu yo kumutakazaho amafaranga n’igihe.



Annet , yagaragaje ko yatangiye kwiyumvamo ubu burwayi ubwo yari akiri umunyeshuri , agatangira kutajya yitabira ishuri nk’ibisanzwe ndetse akajyanwa no kubitaro bitandukanye kugira ngo asuzumwe , bikaza kugaragara ko arwaye kanseri yo mu ngoto (mu muhogo) yari igeze ku kigero cya nyuma.

Uyu mubyeyi,yemeza ko umuryango we utigeze umenya aho indwara yaturutse kugeza bitangajwe na muganga babona kumenya ko ari kanseri.Muri icyo gihe abaganga bababwiye ko arwaye kanseri kandi ko ntacyo yakora ngo ayikire.

Nyuma yo kumenya ko yakwirakwiye mu mubiri hose, batangiye kumuha imiti yica uburibwe, avuga ko muri icyo gihe yagiye mu Bitaro akamara yo amezi agera kuri 4 nta nshuti cyangwa umuryango umusuye kuko ngo bemeza ko n'ubundi agiye gupfa bityo bakanga gutakaza amafaranga yabo ngo batazasigara mu bukene.

Uyu mubyeyi , ashimira Imana kuko kuva yabwirwa n’abaganga ko azapfa , hashize amezi abiri akimeze neza ndetse n’igihe yahawe n’abaganga cyararenze.

Isoko: Afrimax English






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND