Kigali

Mozambique yazirikiye Amavubi i Huye,imibare ihinduka amabuye -AMAFOTO

Yanditswe na: Aloys Niyonyungu
Taliki:18/06/2023 15:23
1


Ikipe y’igihugu y’u Rwanda,Amavubi yatsinzwe n'ikipe y’igihugu ya Mozambique mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023.



Kuri iki cyumweru saa kenda kuri sitade mpuzamahanga ya Huye habereye umukino Amavubi yatsinzwemo na Mozambique.

Uyu ni umukino wo ku munsi wa 5 mu itsinda L mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023 kizabera muri Cote d’Ivoire mu mwaka utaha. Umukino banza amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1.

Kuri ubu muri iritsinda, Senegal niyo iyoboye n’amanota 13 ndetse ninayo yonyine yamaze gukatisha itike. Ikipe y’igihugu ya Mozambique ni iya 2 n'amanota 7 ,Benin niya 3  n’amanota 5  naho u Rwanda ni urwanyuma n’amanota 2 gusa.

Abakinnyi 11 ba Amavubi bagiye kubanza mu kibuga:Ntwari Fiacre, Serumogo Ali, Imanishimwe Emmanuel, Bizimana Djihad, Mutsinzi Ange, Sahabo Hakim, Hakizimana Muhadjiri, Nshuti Innocent, Mugisha Gilbert, Manzi Thierry na Ruboneka Jean Bosco

Abakinnyi 11 ba Mozambique babanje mu kibuga: Ivane Carmine Francisco official Urrubal, Domingos Joao Macandza,Amade Momade, Elias Gaspar Pelembe, Edmilson Gabriel Dove, Stanley Ratifo,Martinho Alberto Thauzene, David Malembana,Witiness Chimoio Quembo,Geny Cipriano Catamo na Shaquille Samuel Leopold Marie

Uko umukino uri kugenda umunota ku munota:

Umukino urangiye Amavubi atsinzwe ibitego 2-0,iby'imibare yo kubona itike y'igikombe cy'Afurika biranga

90+5' Mozambique itsinze igitego cya 2 gitsinzwe na Clesio Baque

90+4' Biramahire Abedy yongeye kurata igitego, Savio azamuye umupira ariko ashyize ku mutwe umupira urarenga

90+2 Ikipe y'igihugu y'u Rwanda iri gusatira cyane ishaka igitego cyo kwishyura, Muhadjiri arekuye ishoti riremereye ariko umuzamu ashyira umupira muri koroneri

Umukino wongeweho iminota 5

87' Umuzamu wa Mozambique yongeye kuryama hasi


Umukinnyi wa Mozambique watanze umupira wavuyemo igitego cya 1

86' Muhadjiri ahawe umupira mwiza na Mutsinzi Ange ariko ashyize ku mutwe umupira unyura impande y'izamu

84' Biramahire Abedy yaratsinze igitego cy'umutwe ariko umupira unyura hejuru y'izamu gato cyane

83' Amavubi akoze impinduka havamo Serumbogo Ally hinjiramo Fitina Ombolenga

78' Mozambique yatangiye gutinza iminota ,umuzamu aryamye hasi

77' Mugisha Gilbert na  Ruboneka Jean Bosco basimbuwe  na Nshuti Savio ndetse na Biramahire Abedy 

73' Iminota itangiye gusiga Amavubi imibare iri guhinduka amabuye 

70' Myugariro wa Mozambique ateze Mugisha Gilbert agwa mu rubuga rw'amahina ariko umusifuzxi arasanza ntiyatanga penariti


Nshuti Innocent warase uburyo bwishi bw'ibitego mu gice cya mbere

67' Amavubi akoze impinduka mu kibuga havamo Bizimana Djihad na Nshuti Innocent  hinjiramo Rubanguka Steve na Mugisha Didier

62' Mugisha Gilbert ahaye umupira mwiza Muhadjiri arekura ishoti ariko umuzamu wa Mozambique aba maso

60' Muhadjiri azamuye umupira nrza usanga Manzi Thiery agiye gutsindisha umutwe ariko ntibyakunda neza

51' Abakinnyi ba Amavubi bari gukina nkabitakarije ikizere ntibakiri guhuza mu kibuga

50' Amavubi abonye koroneri ariko Muhadjiri ayitera nabi ntihagira ikivamo

48' Ntwali Fiacre aryamye hasi nyuma yo kugongana na Latifo agiye gukuraho umupira

47'Stanley Latifo wa Mozambique yaratsinze igitego cya 2 ariko Ntwali Fiacre arasohoka ashyira umupira muri koroneri

Igice cya kabiri gitangiye Amavubi akinira inyuma gake gake

Igice cya mbere kirangiye Mozambique iyoboye n'igitego 1-0

Igice cya mbere cyongeweho iminota 2

43' Mozambique ikosoye Amavubi ku buryo bumwe gusa ibonye,Elias gaspar azamukanye umupira yinjira mu ruba rw'amahina maze ashyira kwa Geny Catamo ahita arekura ishoti Ntwali Fiacre ntiyamenya uko byagenze

40' Mugisha Gilbert azamukanye umupira acenga neza maze ashyira kwa Nshuti Innocent ba myugariro ba Mozambique bahita bamutega agwa mu rubuga rw'amahina ariko umusifuzi rasanza ntiyatanga penariti


Muhadjiri wagerageje uburyo bwinshi muri uyu mukino ariko gutsinda bikanga

36' Amavubi akomeje kurata uburyo butaratwa, Serumbogo ahaye umupira Nshuti Innocent arekura ishoti rikubita igiti cy'izamu

35' Mugisha Gilbert ari guhabwa imipira ngo anyure ku ruhande yiruka ariko ba myugariro ba Mozambique bakaba ibamba

29' Umuzamu wa Mozambique akomeje guhura n'akazi katoroshye akuramo imipira iremereye, Mugisha Gilbert ahaye umupira mwiza Djihad nawe ahita arekura ishoti ripima amatoni

27'Stanley Ratifo yarashatse gutungura umuzamu arekura ishoti riremereye ariko Ntwali Fiacre ahita ashyira umupira muri koroneri

25' Hakim Sahabo akomeje kwigarurira imitima y'abanyarwanda bitewe n'akazi ari gukora mu kibuga atanga imipira myiza gusa kuri bagenzi be

23' Abakinnyi b'Amavubi noibo bari guhererekanya neza gusa bari kugera imbere y'izamu ntibahuze neza

18' Elias Gaspar wa Mozambique akoze umupira n'intoki maze umusifuzi atanga kufura yari iteretse ahantu heza iterwa na Muhadjiri ashaka umutwe wa Nshuti Innocent ariko ntibyamukundira

14' Amavubi ari gusatira cyane, Hakim Sahabo arekuye ishoti ry'umwakira ariko rinyura hejuru y'izamu gato

12' koroneri itewe neza na Serumbogo ahereza umupira Muhadjiri maze awuzamura neza Nshuti Innocent ashyizeho umutwe umuzamu wa Mozambique aratabara

11' Serumbogo Ally ahionduye umupira imbere y'izamu ashaka ba rutahizamu maze myugariro wa Mozambique arawurenza haboneka koroneri


Umuzamu wa Mozambique yakoze akazi gakomeye muri uyu mukino

9' Abakinnyi b'Amavubi bari kugergeza gusatira bakina imipira miremire ariko ntibibahire

5' Mozambique ibonye uburyo bwambere imbere y'izamu aho Shaquille Samuel ahinduye imbere y'izamu ashaka Stanley Ratifo ariko Ntwali Fiacre aratabara

2' Hakim Sahabo yatangiye gushimisha abafana acenga abakinnyi ba Mozambique

1'Ikipe y'igihugyu y'u Rwanda niyo itangije umukino maze Mutsinzi Ange agerageza kurekura ishoti atunguranye ariko umuzamu wa Mozambique aba maso



Mukecuru yishwe n'agahinda nyuma yuko amavubi akubiswe igitego cya 1





Abakinnyi b'Amavubi babanje mu kibuga

Abakinnyi ba Mozambique babanje mu kibuga

Abasifuzi bayoboye uyu mukino bari kumwe n'abakapiteni b'amakipe yombi



Abakinnyi b'Amavubi baririmba indirimbo yubahiriza igihugu


Abakinnyi ba Mozambique baririmba indirimbo yubahiriza igihugu


Ndikumana Danny utagaragaye mu bakinnyi bari bukine uyu mukino yicaye muri sitade


Minisitiri wa siporo,Aurore Munyangaju asuhuza abayobozi baturutse muri Mozambique mbere yo kwicara


Abakinnyi ba Mozambique bisyushya


abasifuzi bagiye kuyobora uyu mukino


Abakinnyi b'Amavubi bishyushya


Mugishya Gilbert,Usengimana Faustin na Nshuti Innocent bishyushya


Hakim Sahabu yishyushya


Mukunzi Yannick utaherukaga mu ikipe y'igihugu kubera imvune yishyushya



Abakinnyi ubwo bavaga kuri hoteli babanje kerekwa urukundo bavugirizwa ingoma za kinyarwanda


Abaturage bari benshi bategereje kubona ikipe yabo y'igihugu bava kuri hoteli




Uko abafana b'Amavubi baturutse mu Mujyi wa Kigali bageze kuri sitade


Kuri sitade nta bafana benshi barahagera nkuko byari byitezwe


Umwe mu bafana babukereye waje yambaye idarapo ry'u Rwanda ndetse afite n'ingoma


Abafana b'Amavubi biniira mu mugi wa Huye


Abafana ku murongo bategereje kwinira muri sitade










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • gradis1 year ago
    twababaye



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND