RFL
Kigali

Ibi biza turabitsinda nk'ibindi byose- Perezida Kagame yahumurije ab’I Rubavu anabizeza ubufasha-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:12/05/2023 15:53
1


Perezida Paul Kagame yabwiye abatuye Akarere ka Rubavu bagizweho ingaruka n’ibiza byatwaye ubuzima bw’abantu, ko Guverinoma iri gukora uko ishoboye kugira ngo basubire mu buzima busanzwe binyuze mu bufasha ibagenera, kandi ko hashakwa igisubizo mu guhangana n’ibiza bidasanzwe bikunze kwibasira ahantu hanyuranye.



Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023, Perezida Kagame yasuye Akarere ka Rubavu mu Burengerazuba bw’u Rwanda, asura ibice binyuranye birimo amashuri, inganda, ibikorwaremezo n’ibindi byangijwe mu buryo bukomeye n’ibiza byibasiye aka karere mu ijoro ryo ku wa 2 Gicurasi 2023.

Ibiza byanatwaye ubuzima bw’abantu mu Majyepfo n’Amajyaruguru y’u Rwanda. Ubwo yakiraga Perezida Kagame, Guverineri w'Intara y'Uburengerazuba, Habitegeko François, yashimye Umukuru w’Igihugu ku bwo gusura abaturage kandi 'ubutumwa bw'ihumure mwatwoherereje bwatugezeho'.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yabwiye abaturage bari bateraniye kuri site ya Inyemeramihigo ko urugendo yakoreye mu Karere ka Rubavu rwari rugamije, kubasura, kubasuhuza no kubihanganisha kubera ingaruka bagizweho n'ibiza byatwaye ubuzima bw'abantu, ibikorwaremezo birangirika mu buryo bukomeye.

Umukuru w’Igihugu yabwiye abatuye mu Karere ka Rubavu ko Guverinoma y'u Rwanda ibazirikana umunsi ku munsi.

Ati “Naje kubasura kandi ngirango mbabwire ko tubatekereza. Uko muhangayitse natwe biraduhangayikishije: kubona uko mumeze ndetse dushakisha ibishoboka byose kugira ngo dushobore kubafasha muri ibi bihe bitoroshye murimo.”

Kagame yijeje ko mu gihe gito gishoboka 'abashobora kuba basubira mu byabo babe babisubiramo'. Yavuze ko kuri ubu Guverinoma irajwe ishinga no gufasha mu mibereho aba baturage' bagizweho ingaruka n'ibiza. Birimo guhabwa ibiribwa, kubona ibikoresho by'ibanze n'ibindi.

Ati “Turagira ngo ibidushobokera byose tubikore uko bishobotse, cyane cyane gufasha abana: impinja zidafite icyo kurya, zidafite uko zimeze, abababyara, ababyeyi babo n'abandi. Ibyo rwose turabyihutisha."

Umukuru w'Igihugu yavuze ko "aho bitagenda neza cyangwa bitagenze neza nabyo muri iki gihe turabikosora… kuko ibishoboka ni byinshi."

Kagame avuga ko ibishoboka byose bizakorwa mu guhangana n'ingaruka ibiza byagize ku baturage. Harimo nko gufasha abana, ababyeyi badafite ubushobozi n'ibindi. Ati "Ibi rwose turabyihutisha."

Umukuru w'igihugu yavuze ko hari ubushobozi mu gufasha abarokotse ibiza. Yavuze ko azakomeza gukurikirana mu ishyirwa mu bikorwa ryo kwita kuri aba baturage.

Kagame yavuze ko yafashe n'umwanya wo kujya mu bice bitandukanye byagizweho ingaruka n'ibiza, harimo nk'amazu, amashuri, inganda, aho abantu bari batuye n'ahandi.

Yavuze ko atari Rubavu gusa, kuko hari n'utundi turere twagizweho ingaruka n'ibiza. Umukuru w'Igihugu yizeza ko hari ubushake n’ubushobozi mu guhangana n’ibiza.

Ati "Ni byinshi hano muri aka karere, ni byinshi, hari n'utundi turere natwo tumeze gutyo. Mutwihanganire, namwe mwihangane, hanyuma dukorere hamwe, ibi biza turabitsinda nk'ibindi byose."

Nteziyaremye Feza warokokanye n'uruhinja rw'amezi atandatu, yashimye Imana kuba akiriho n'ubwo umugore we ibiza byamuhitanye.

Yavuze ko kuva cyera yifuzaga kuzabona imbona nkubone Perezida Kagame. Ati "None ndakubonye n'ubwo duhujwe n'ibiza."

Nteziyaremye yashimye Perezida Kagame ku bwo gufata mu mugongo abaturage ba Rubavu, ashingiye ku kuba hari ahandi 'tujya twumva biba ariko ugasanga ntibayitayeho'. Akomeza ati "Ariko mwebwe mwagerageje kutwitaho."

 

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Rubavu aho yasuye abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza, anasura uduce twa Mahoko, Pfunda na Nyundo 

Perezida Kagame yabwiye abaturage ko Guverinoma iri gukora ibishoboka byose kugirango basubire mu buzima busanzwe 

"Ibi biza turabitsinda nk'ibindi byose." - Perezida #Kagame 

Abaturage bashimye mu buryo bukomeye Perezida Kagame, baririmba indirimbo zirimo ‘Tuzamutora, twongere tumutore’







AMAFOTO: KT&RBA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Habiyakare10 months ago
    Nibyiza turishimye umukuru wigihugu aratuzirikana.





Inyarwanda BACKGROUND