Kigali

Umwe mu kwa buki undi mu biruhuko: Miss Naomie n’umuvandimwe bishimanye n’abo bihebeye i Dubai

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:9/01/2023 7:41
0


Miss Rwanda 2022, Nishimwe Naomie n’umuvandimwe we bari kumwe n'abo beguriye imitima yabo bagaragaye bari kumwe mu Bwami bw’Abarabu.



Mu mafoto n’amashusho Miss Naomie yasangije abamukurikira, yagaragaje ko akomeje kuryoherwa n’ibiruhuko by’isabukuru ye arimo i Dubai aho ari kumwe n’umukunzi we Michael Tesfay.

Yasangije abamukurikira ko yahahuriye n’umuvandimwe we Pamella Loana Uwase wahageze kuwa 28 Ukuboza 2022 ari kumwe n’umugabo we Carlos Martin Mwizerwa bari mu kwa buki.

Mu ifoto ibagaragaza bose mu byishimo baba bicaranye n’umuvandimwe bazengurutswe n’urukundo, umwe ari kumwe n'umugabo we, undi ari kumwe n'umukunzi we bari mu bwato mu mazi magari, birebera ibyiza nyaburanga bitatse umujyi w’ubucuruzi wa Dubai.

Mu mpera za 2022 ni bwo Loana na Carlos biyemeje kubana akaramata nyuma yo gukundana bucece igihe kitari gito. Ni mu gihe Miss Naomie na Michael Tesfay bo muri Mata 2022 ari bwo batangarije isi yose ko bari mu rukundo.

Kuri ubu aho Naomie ari, na Michael aba ahari, ndetse batangiye kugenda bafatanya mu mishinga itandukanye bigaragara ko urukundo rwabo rurenze kwishimisha ahubwo bagana ku kubana akaramata igihe kibibemereye.

Miss Naomie yizihije isabukuru y'amavuko y'imyaka 23  afite umukunzi

Michael Tesfay umukunzi wa Naomie bari kumwe i Dubai

Umunezero ni wose ku bato bakundana bya nyabyo

Miss Naomie n'umuvandimwe we n'abo bihebeye mu rukundo mu bihe byiza i Dubai






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND