FPR
RFL
Kigali

Yaciye agahigo ka 19 muri White House: Umwuzukuru wa Perezida Biden yarushinze-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:21/11/2022 10:50
0


Naomie, imfura mu buzukuru ba Perezida Joe Biden wujuje imyaka 80, yasezeranye kubana akaramata na Peter Neal mu birori byabereye muri White House.



Ku isaha ya saa tanu z’igitondo zo kuwa 19 Ugushyingo 2022, mu gace kazwi nka South Lawn gaherereye muri White House, ni bwo Naomi Biden imfura mu buzukuru ba Perezida Biden, yasezeranye kubana akaramata na Peter Neal mu birori byitabiriwe n’abantu babarirwa muri 250.

Mu ijambo ryavuzwe na Perezida Biden n’umufasha we, bagarutse ku byishimo bibuzuye umutima bagira bati: ”Byari umunezero kubona Naomi akura, kuri ubu dutewe ishema no kubona abonye uwo bazabana ubuzima busigaye tubifurije urugo rwuzuye inseko n’urukundo.”

Naomi yari yambaye ikanzu yatunganijwe na Grace Kelly bivuye ku gitekerezo cy'iyigeze kwambarwa na Ralph Lauren. 

Ibi birori byateguwe numwe mu bahanga mu bijyanye n’ubukwe, Bryan Rafanelli wanateguye ibirori bya Chelsea Clinton.

Naomi yaciye agahigo ka 19 ko kugira ubukwe bubereye muri White House mu mateka. Ubwaherukaga ni ubwa Peter Souza wari uyoboye abafotogarafe bafotoraga Perezida Obama na Rose Garden bwabaye mu mwaka wa 2013.

Ubukwe bwa Naomi bwageranijwe n'ubwa Tricia Nixon washyingiranwe na Edward Finch Cox hari mu mwaka wa 1971, nabwo bukaba bwarabereye muri White House.

Ubu bukwe bwabaye mu gihe cy'ibyishimo kuri Joe Biden wujuje imyaka 80 kuwa 20 Ugushyingo 2022 kuko yabonye izuba kuwa 20 Ugushyingo 1942.

Naomi wasezeranye, ni umwuzukuru wa Joe Biden. Yabyawe na Hunter [umuhungu wa Joe Biden] n’uwahoze ari umugore we Kathleen Buhle. Ababyeyi b’uyu mukobwa bahuriye muri Portland muri Leta ya Oregon.

Izina yahawe rya Naomi ni iry’imfura y’umukobwa wa Perezida Joe Biden waguye mu mpanuka y’imodoka mu mwaka wa 1972. Mu bivugwa ni uko uyu mukobwa birenze kuba umwuzukuru gusa, ahubwo ni n'inshuti magara ya sekuru akanaba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Naomi ari no mu bateye Joe Biden imbaraga zo kwemera kwiyamamariza kuyobora Amerika. 

Peter washyingiranwe na Naomie asanzwe ari umwe mu bakozi ba Leta mu bijyanye n’umutekano akanagira imbaraga mu bijyanye na politike.

Yatangiye akora imenyereza mwuga muri White House nyuma yo gusoza mu ishami rya ‘Political Communication’ muri Kaminuza ya George Washington, icyo gihe Obama ni we wari mu mwanya w’ubuyobozi.

Ibirori by'aba bombi byasojwe no kwiyakira muri State Dining Room ndetse ibyishimo bikomereza muri White House, abatumiwe basangira umutsima banishimana babyina.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND