RFL
Kigali

Amashusho ya Seif ari kumwe n’inkumi mu kabyiniro i Nairobi yatumye benshi bacika ururondogoro

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:16/11/2021 16:41
0


Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gucicikana amashusho agaragaza umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, Niyonzima Olivier Seif ari kumwe n’inkumi eshatu mu kabyiniro i Nairobi, yavugishije abatari bacye nyuma y'uko uyu mukinnyi anahagaritswe mu ikipe y’igihugu Amavubi.



Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ugushyingo 2021, ni bwo Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ ryatangaje ko ryahagaritse Niyonzima Olivier Seif ukina mu kibuga hagati kubera imyitwarire idahwitse yagaragaje.

Binyuze ku rukuta rwa Twitter, yagize iti” FERWAFA iramenyesha abanyarwanda bose ko Niyonzima Olivier ahagaritswe igihe kitazwi "undetermined" mu Ikipe y’Igihugu kubera imyitwarire idahwitse. Tuboneyeho kumenyesha abo bireba bose ko FERWAFA itazihanganira uwo ari we wese uzagaragaza imyitwarire mibi mu Mavubi".

Nyuma y’ubu butumwa, Umunyamabanga w’Umusigire wa FERWAFA, Iraguha David yavuze ko abakinnyi bari bihanangirijwe kutava muri Hoteli bari bacumbitsemo nyuma y’umukino, ariko Seif abirengaho ajya mu kabari, ndetse umuyobozi wa FERWAFA agerageje kujya kuhamukura, undi aramusuzugura, ndetse binavugwa ko habayeho ubushyamirane hagati ye n’umutoza Mashami Vincent hafi yo gufatana mu mashati.

Nyuma y'uko amashusho ya Seif ari kumwe n’inkumi mu kabyiniro ashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, abantu batandukanye bagiye batanga ibitekerezo bitandukanye.













TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND