Kigali

Landrine Uwicyeza ari mu myiteguro yo guserukira u Rwanda mu irushanwa rizabera muri Turikiya

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/11/2021 8:53
0


Uwicyeza Landrine Gisagara wegukanye ikamba rya Miss African Golden Rwanda 2021, ari mu myiteguro yo guserukira u Rwanda mu irushanwa rizabera muri Turikiya.



Uyu mukobwa ni we uzahagararira u Rwanda mu irushanwa Miss Africa Golden rizabera muri Turikiya. Yabwiye INYARWANDA ko yatangiye ibiganiro n’ibitangazamakuru bitandukanye agamije kumenyekanisha iri rushanwa azitabira.

Landrine avuga ko anasaba Abanyarwanda kuzamushyigikira cyane cyane mu bihe by’amatora yo kuri internet n’ikindi gihe bizaba ngombwa.

Uyu mukobwa w’imyaka 25 y’amavuko, yanavuze ko yagiye ku Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere, RDB ‘kubereka amashusho yerekana ibyiza bitatse u Rwanda yafashe’ azagaragaza muri iri rushanwa azitabira.

Akomeza avuga ko mu minsi iri imbere azasubira iwabo i Gisenyi gusezera abavandimwe be mu gihe azaba yitegura kujya mu irushanwa. Avuga ko azagenda tariki 19 Ugushyingo 2021.

Mu ntangiriro z’Ukwakira 2021, Landrine yasuye ikigo UCC (Ubumwe Community Center) giherereye mu Karere ka Rubavu mu Ntara y'Uburengerazuba, aho yasuye abana babana n’ubumuga abagenera ubufasha.

Uyu mukobwa wasuye aba bana ku isabukuru y’amavuko ye, yavuze ko ashaka kugaragaza ko n’abafite ubumuga bashoboye, bityo ko badakwiye guhezwa mu guteza imbere Igihugu.



Landrine Uwicyeza Gisagara yatangiye imyiteguro yo guserukira u Rwanda mu irushanwa ry’ubwiza rizabera muri Turikiya



Landrine amaze iminsi mu biganiro bitandukanye n’itangazamakuru asobanura birambuye iby’iri rushanwa azitabira



Landrine aherutse gusura ikigo Ubumwe Community Center kibarizwamo abana bafite ubumuga

Landrine Uwicyeza Gisagara afite ikamba rya Miss African Golden Rwanda
KANDA HANO UREBE UKO URUZINDUKO RWA MISS LANDRINE RWAGENZE MU IKIGO CY’ABANA BAFITE UBUMUGA

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND