RFL
Kigali

Aka gahigo ntikazasibangana mu mateka y’Isi! Menya ibihugu 5 byageze ku kwezi bikahasiga ikimenyetso simusiga

Yanditswe na: Neza valens Vava
Taliki:22/06/2021 14:41
0


Menya ibihugu 5 byagaragaje ubuhangange bushingiye ku gahigo n’ubu kakibiza benshi ibyuya, ko gushinga ibendera ku kwezi.



Kuva Isi yaremwa, uko igenda itera imbere ni ko n’ibihugu bizana udushya dushingiye ku bwenge buhanitse bimaze kugeraho. Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku bihugu 5 byageze ku gahigo katazibagirana mu mateka y’Isi ko kugera ku kwezi bikahashinga amabendera y’ibihungu byabo nk’ikimenyetso gikomeye kigaragaza aka gahigo.

1. Leta Zunze Ubumwe za Amerika


Mu mateka y’Isi ntibizibagirana ko Leta Zunze ubumwe za America ari cyo gihugu cyageze ku kwezi bwa Mbere. Mu 1969 abashakashatsi bakaba n’abahanga mu bijyanye n’isanzure b’aba- Nyamerika Armstrong, n’umupirote Buzz Aldrin ni bwo bageze ku kwezi.

Babaye aba mbere bahakandagiye maze bahashinga ibendera rya America bagaragaza ko iki gihugu ari cyo cyesheje aka gahigo kuva Isi yabaho. Nyuma yaho baje kumurika icyogajuru Apollo 11 bifashishije.

2. Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete


Mu 1986, igihe u Burusiya bwari bukiri umurwa mukuru wa Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete nibwo iki gihugu kifashishije proton K mu kugera ku kwezi maze kiba igihugu cya Kabiri kihashinze ibendera nyuma y’abanyamerika.

3. Japan


Iki ni cyo gihugu cya gatatu cyageze ku kwezi muri Nzeri 2007. Bifashishije icyo bise “Selene” cyangwa Kaguya mission. Icyo gihe babaye aba gatatu bageze ku kwezi bakahashyira ibendera ry’igihugu cyabo.

4. India


Abahinde bageze ku kwezi mu Ukwakira 2008. Bifashishije Chandrayaan 1 mission maze kuva Isi yaremwa baba aba kane bakandagiye ku kwezi bakahashinga ibendera.

5. China


Abashinwa bari mu bihugu byateye imbere ku isi muri tekinoloji nibo baheruka gushinga ibendera ryabo ku Kwezi. Babigezeho tariki 1 Ukuboza 2013. Bifashishije uburyo bise Change’s 3 mission.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND