RURA
Kigali

Bamaze guhindurira benshi ubuzima! Ibyamamare 10 byashoye amafaranga menshi mu bikorwa by’ubugiraneza

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:18/03/2025 16:01
0


Mu gihe Isi ikomeje guhangana n’ibibazo by’ubukene, uburwayi, ibyorezo, uburezi budahagije ndetse n’ibindi bibazo byugarije sosiyete, hari abantu bafite amazina akomeye cyane ku rwego mpuzamahanga bashyira ingufu mu gufasha abandi binyuze mu bikorwa by’ubugiraneza.



Ibyamamare bikomeye ku Isi bikomeje gushora amafaranga menshi mu bikorwa bigamije guhindura ubuzima bwa benshi, babinyujije mu gushinga n'imiryango yabo itanga ubufasha, inkunga zitangwa binyuze mu bafatanyabikorwa, ndetse no mu yindi mishinga bwite iteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

Abahanzi nka Beyoncé, Rihanna, Akon na Shakira, bashoye amafaranga menshi mu mishinga itanga ubufasha mu burezi, ubuvuzi, iterambere ry’imibereho myiza, ndetse no gutabara abahuye n’ibiza.

Uruhare rwabo rugaragaza ko kuba icyamamare bidashatse kuvuga gusa kugira amafaranga no kwamamara, ahubwo no kugira uruhare mu guhindura ubuzima bw’abandi. Kuri aba banyabigwi, ubwamamare bwabo burenze umuziki n'ibindi byabagejeje kuri ubwo bwamamare, kuko banakora ibikorwa bifatika bizana impinduka nziza ku buzima bw’abatishoboye.

Dore urutonde rw'ibyamamare 10 bikoresha ubutunzi bwabyo mu guhindura ubuzima bwa benshi:

1. Beyoncé – BeyGOOD Foundation


Umuhanzikazi Beyoncé yatangije BeyGOOD Foundation mu 2013, umuryango w'ubugiraneza ugamije gufasha abakene, gushyigikira uburezi, ndetse no gutabara abagizweho ingaruka n’ibiza. Mu gihe cya COVID-19, uyu muryango watanze inkunga ya miliyoni 6$ mu gufasha abadafite amikoro kubona ubuvuzi bwo mu mutwe.

2. Rihanna – Clara Lionel Foundation (CLF)


Mu 2012, Rihanna yatangije Clara Lionel Foundation, ifasha urubyiruko kubona amahirwe yo kwiga, guteza imbere ubuvuzi no gutabara abahuye n’ibiza. Yatanze inkunga ya miliyoni 5$ mu gihe cya COVID-19 no mu mashuri yo muri Afurika.

3. Akon – Akon Lighting Africa


Akon yatangije Akon Lighting Africa mu 2014, umushinga wagejeje amashanyarazi ku miryango 600,000 yo mu bihugu 25 bya Afurika. Yashyizeho kandi Akon Crypto City, umushinga ugamije guteza imbere ubukungu bwa Afurika binyuze mu ikoreshwa ry’amafaranga y’ikoranabuhanga (cryptocurrency).

Uyu muhanzi kandi yatangije gahunda yo gufasha urubyiruko rwa Afurika kubona amahugurwa mu birebana n’ingufu z’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, kugira ngo hashakwe ibisubizo birambye ku kibazo cy’amashanyarazi muri Afurika.

4. Shakira – Barefoot Foundation (Pies Descalzos)


Shakira, umuhanzikazi ukomoka muri Colombia, ni umwe mu bafite ibikorwa by’ubugiraneza bikomeje kuzana impinduka zikomeye mu buzima bw'abatuye Isi. Mu mwaka wa 1997, yatangije umuryango we Pies Descalzos Foundation (Barefoot Foundation) ugamije gufasha abana bo mu miryango ikennye kubona uburezi bufite ireme.

Uyu muryango wamaze kubaka amashuri arenga atandatu muri Colombia, utanga uburezi ku banyeshuri barenga 4,000, kandi Shakira akomeje gukangurira abaterankunga gufasha abana batishoboye kubona uburezi.

Ku rwego mpuzamahanga, Shakira yakoranye n’imiryango mpuzamahanga nka UNICEF, atanga inkunga mu burezi bw’abana b’impunzi ndetse n’abana bakomoka mu miryango ikennye.

5. Angelina Jolie – Jolie-Pitt Foundation


Angelina Jolie ni umwe mu bagira uruhare rukomeye mu bikorwa byo gufasha impunzi n’abana b’impfubyi. Yatangije Jolie-Pitt Foundation, ikorana na UNHCR mu gutabara impunzi. Yatanze miliyoni 100 z'amadolari mu gufasha impunzi zo muri Syria, Sudani y’Epfo na Afghanistan.

Jolie-Pitt Foundation yashinzwe mu 2006 na Angelina Jolie na Brad Pitt, igamije gushyigikira ibikorwa by'ubugiraneza ku isi hose. Iyi fondasiyo yatanze inkunga ku mishinga itandukanye, harimo n'inkunga y’amadolari 333,000 yahawe SOS Children's Villages, umuryango uharanira uburenganzira bw'abana.

Mu rwego rwo guteza imbere imibereho myiza muri Aziya, Angelina Jolie na Brad Pitt bashinze Maddox Jolie-Pitt Foundation mu 2003, yibanda ku kurwanya ubukene no kubungabunga ibidukikije muri Cambodge. Iyi fondasiyo yitiriwe umwana wabo wa mbere, Maddox, ikaba yaratanze umusanzu ukomeye mu guteza imbere imibereho myiza y'abaturage b'icyo gihugu.

Muri 2008, Angelina Jolie na Brad Pitt bahisemo kugurisha amafoto y'impanga zabo, Knox na Vivienne, amafaranga avuyemo akajya mu bikorwa by'ubugiraneza binyuze muri Jolie-Pitt Foundation. Ibi byagaragaje uburyo bifashisha ubwamamare bwabo mu guteza imbere ibikorwa bifitiye akamaro sosiyete.

Nubwo Jolie na Pitt batandukanye mu 2016, ibikorwa bya Jolie-Pitt Foundation byarakomeje, bikaba bikomeje kugira uruhare mu gufasha abatishoboye no guteza imbere imibereho myiza y'abantu mu bice bitandukanye by'isi.

6. Oprah Winfrey – Oprah Winfrey Foundation


Oprah Winfrey ni umwe mu bagore b'ibyamamare bafite ibikorwa bikomeye by’ubugiraneza ku Isi. Yashinze imiryango ibiri ifasha abatishoboye: Oprah Winfrey Foundation (yashinzwe mu 1987) na Oprah Winfrey Charitable Foundation (OWCF). Iyi mishinga yombi ifite intego yo guteza imbere uburezi, guteza imbere abagore n’abakobwa, ndetse no gufasha abatishoboye kubona serivisi z’ubuzima n’imibereho myiza.

Mu rwego rwo guteza imbere impano mu by’ubugeni n’imbyino, iyi fondasiyo yatanze inkunga ya miliyoni imwe y’amadolari mu 2004 ku ishuri Alvin Ailey American Dance Theater, rifasha abanyeshuri bafite impano mu kubyina kubona buruse.

Mu 2006, yafunguye ikigo cy’imyidagaduro cyitwa Oprah Winfrey Boys & Girls Club of Kosciusko/Attala County, giherereye muri Mississippi, aho yavukiye. Iki kigo cyubatswe ku buso bwa metero kare 32,000, gifasha abana bo muri ako gace kubona ahantu heza ho gukinira, kwidagadura no kwiga.

Mu 2007, Oprah Winfrey Foundation yibarutse ishuri Oprah Winfrey Leadership Academy for Girls (OWLAG) muri Afurika y’Epfo. Iri shuri ryashyiriweho abakobwa bakomoka mu miryango itishoboye, aho ribaha amahirwe yo kubona uburezi bufite ireme, rikabategurira kuzaba abayobozi beza b’ejo hazaza. Kuva ryashingwa, iri shuri ryagize uruhare rukomeye mu burezi bw’abana b’abakobwa muri Afurika.

Mu rwego rwo gushyigikira uburezi, Oprah Winfrey Charitable Foundation (OWCF) yatanze inkunga ya miliyoni imwe y’amadolari ku muryango La Paz Global mu 2023, ugamije guteza imbere uburezi bw’abana b’abimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu rwego rw’ubuvuzi, OWCF yatanze inkunga ingana na miliyoni imwe y’amadolari kuri Maui Health Foundation, igamije kugura ibikoresho bishya by’ubuvuzi byifashishwa mu kuvura abarwayi bafite ibibazo bikomeye.

Mu guteza imbere uburezi bw’abakobwa, OWCF yatanze inkunga ya miliyoni imwe y’amadolari kuri Miss Porter’s School, ishuri ryigisha abakobwa muri Connecticut, ryabaye icyitegererezo muri Afurika y’Epfo.

Nanone, mu rwego rwo gushyigikira uburezi muri za kaminuza, Oprah Winfrey Foundation yatanze inkunga ingana na miliyoni 25 z’amadolari muri Morehouse College, guhera mu 1989. Iyi nkunga yashyigikiye gahunda ya Oprah Winfrey Scholars Program, igamije gutanga buruse ku banyeshuri b’abirabura bafite ubushobozi bwo kwiga ariko badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira kaminuza.

Mu rwego rwo gushyigikira umuco n’amateka, Oprah Winfrey yatanze inkunga irenga miliyoni 16 z’amadolari kuri National Museum of African American History and Culture, harimo miliyoni 12 yatanze mu 2013 yo gushyigikira ibikorwa by’iyi nzu ndangamurage.

Imiryango ya Oprah Winfrey igira uruhare rukomeye mu gufasha abatishoboye, cyane cyane mu bijyanye n’uburezi, ubuzima, n’iterambere ry’abagore n’abakobwa. Binyuze mu bikorwa bye by’ubugiraneza, yatanze amahirwe ku bantu benshi batari bafite uburyo bwo kwiteza imbere, agira uruhare rukomeye mu guhindura ubuzima bwabo. Oprah Winfrey akomeje gutanga umusanzu ukomeye mu gufasha isi kuba ahantu heza ku bantu bose, by'umwihariko abakene n’abatishoboye.

7. Cristiano Ronaldo – CR7 Foundation


Umukinnyi w’umupira w’amaguru, Cristiano Ronaldo na we akunze kugaragara mu bikorwa by’ubugiraneza. Yatanze miliyoni 1.5$ afasha impunzi za Palestine, atanga amaraso buri gihe, ndetse afasha ibitaro bitandukanye kwita ku bana barwaye kanseri.

CR7 Foundation ni umuryango washinzwe na Cristiano Ronaldo ugamije gufasha abatishoboye, cyane cyane mu burezi n’ubuvuzi. Ufatanya n’imiryango nka UNICEF na Save the Children mu guteza imbere uburezi, gutanga amazi meza no gushyigikira ubushakashatsi ku ndwara zikomeye nka kanseri. Binyuze mu baterankunga nka Nike na Samsung, iyi fondasiyo yatanze ibikoresho by’ishuri, yubaka amashuri ndetse ikorana n’ibyamamare nka David Beckham na Zinedine Zidane mu kumenyekanisha ibikorwa byayo.

8. Taylor Swift – Inkunga mu burezi no gutabara abahuye n’ibiza


Taylor Swift ni umwe mu byamamare bigira uruhare mu bikorwa by’ubugiraneza, aho yagiye atanga inkunga mu bihe bitandukanye. Mu 2017, yatanze inkunga ya miliyoni 1$ nyuma y’ibiza byatewe na Hurricane Harvey muri Texas. Yakoresheje umutungo we kugira ngo atange ubufasha ku batuye muri ako karere, by’umwihariko mu kwita ku barokotse ibiza no kubashakira ibiribwa n’ibikoresho by'ibanze.

Uyu muhanzikazi kandi yagiye atanga inkunga mu burezi, cyane cyane mu gufasha abana batishoboye kubona uburezi bufite ireme. Yatanze inkunga ya miliyoni 4$ muri 2018 mu gushyigikira gahunda z'amasomo y'umuziki mashuri yo muri Tennessee, ku ivuko. Ni igikorwa kigaragaza neza ubushake bwa Taylor bwo gufasha abana bafite impano mu muziki ariko badafite ubushobozi bwo kwiga. 

Mu 2020, Taylor Swift yatanze inkunga ya miliyoni 10$ yo gufasha abasizwe iheruheru na COVID-19. Inkunga ye yibanze cyane mu gufasha imiryango itishoboye no gushyigikira abarokotse iki cyorezo, by’umwihariko abantu basigaranye ibibazo byinshi. Yagize uruhare kandi mu gushyigikira ibitaro n’ibigo byita ku buzima bwo mu mutwe. 

9. Leonardo DiCaprio – Leonardo DiCaprio Foundation


Leonardo DiCaprio azwi cyane mu bikorwa byo kurengera ibidukikije. Yatangije Leonardo DiCaprio Foundation, yatanzemo miliyoni 100$ mu bikorwa byo kurengera amashyamba, inyanja, n’ibindi.

Leonardo DiCaprio Foundation (LDF) ni umuryango ugamije kurengera ibidukikije no guharanira impinduka mu bijyanye n’imiterere y'isi. Uyu muryango wagiyeho mu 1998, ugamije kurwanya ibibazo bihangayikishije isi, nk'ihindagurika ry'ibihe, kubungabunga ibinyabuzima, guhangana n'imyuka ihumanya ikirere, no guteza imbere uburenganzira bw’abaturage bo mu bihugu bikennye.

Intego z'ingenzi z'iyi fondasiyo ni ugutanga umusanzu mu guhangana n’ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe, gukangurira abaturage n’abayobozi gufata ingamba zihamye mu kubungabunga ibidukikije no guteza imbere umuco wo kwita ku buzima bw’ibinyabuzima. Yashinzwe kugira ngo ishyigikire imishinga ikora ku bibazo nk’ihindagurika ry’ibihe, kubungabunga amazi, kwita ku isuku, ndetse no guteza imbere ubukungu buhamye bw’abantu n’ibinyabuzima ku isi.

10. The Weeknd: Inkunga mu bikorwa by’ubuvuzi n’imfashanyo


Umuhanzi The Weeknd (Abel Tesfaye) yashoye miliyoni nyinshi mu bikorwa by’ubugiraneza, cyane cyane mu gufasha imiryango ikennye no gushyigikira ubuvuzi. Mu 2021, yatanze miliyoni 1$ ku kigo cy’ubushakashatsi cya UNICEF ku ndwara ya COVID-19, anatanga miliyoni 2$ zo gufasha abaturage ba Ethiopia kwikura mu bibazo byatewe n’intambara. Yongeyeho gutanga inkunga igera kuri miliyoni 3$ muri gahunda zo kurwanya inzara no gufasha impunzi.

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND