RURA
Kigali

Imurora Japhet Drogoba yavuze ukuri ku mubano we na Miggy uherutse kuvuga ko amwanga

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:17/03/2025 14:58
0


Mu majwi yagiye ahagaragara mu ibanga arikomoye cyane ubwo Mugiraneza Jean Baptiste Miggy yavugaga ko adakunda na Team manager wa Musanze FC Imurora Japhet Drogoba, we yabihakaniye akure ahubwo avuga ko Miggy yabivuze ashaka kugura umukino wa Musanze ngo itsindwe na Kiyovu.



Mu ijoro ryo ku wa Kane mu masaha ya saa yine za nijoro nibwo Umutoza wungirije wa Muhazi United Mugiraneza Jean Baptiste uzwi cyane nka Miggy yahamagaye myugariro wa Musanze FC ukomoka muri Uganda Bakaki Shafiq amusaba ko yaba umwe mubazagira uruhare rwo kwitsindisha ku ruhande rwa Musanze FC kugira ngo Kiyovu Sports izayikureho amanota atatu.

Uretse kuba Miggy yarashakaga ko Bakaki Shafik yamufasha akitsindisha imbere ya Kiyovu Sports yanashakaga ko ubwo bufasha yanabufashwamo na Muhire Anicet uzwi nka Gasongo ndetse n’umuzamu Shaolin.

Mu magambo Miggy yabwiye Bakaki Safiq yagize ati: ”Shafiq uranyumva?” Yego ndakumva. Akomeza agira ati: ”Umwaka utaha mfite imbanziriza masezerano yo gutoza Kiyovu Sports umwaka utaha nzaba ndi umutoza wa Kiyovu Sports ngira ngo urabizi ko n’umwaka ushize nari ngiye kugutwara muri Muhazi? 

Rero ntabwo nazajya gutoza muri Kiyovu Sports yaragiye mu cyiciro cya Kabiri. Ubu turi gukora ibishoboka byose ngo Kiyovu igume mu cyiciro cya mbere.”

Mugiraneza yakomeje abaza Shafiq icyo yamufasha muri uwo mukino ngo ikipe ibone amanota. Yagize ati: ”Hanyuma y’ibyo uramfasha iki rero kandi umwaka utaha tuzaba turi kumwe. 

Ntubizi ko ntajya mbeshya wa mugabo we? [Shafiq yahise aseka cyane. ] Miggy arakomeza ”Urabizi Drogba ( Team Manager wa Musanze FC) si mukunda uzi ibintu yakoze kandi nawe ibyo yagukoze urabizi.”

Kuri iyo ngingo yo kuba Miggy adakunda Drogoba InyaRwanda yagize amatsiko yo kumenya icyo yaba apfa na Miggy maze ayitangariza ko nta kibazo azi kihariye afitanye na Miggy.

Imurora Japhet yagize ati “Mu gihe Miggy twamaranye hano muri Musanze FC nge nta kibazo kihariye nzi dufitanye, gusa umuntu ntabwo yavuga ko atagukunda ngo abe agukunda, ubwo we aranyanga.

Ku ngingo y’uko Miggy yagerageje kumvisha Bakaki Shafiq ko nawe adakundwa na Imurora Japhet Drogoba, Drogoba yavuze ko nta kibazo afitanye na Bakaki Shafiq ahubwo Miggy yagerageje kumukubiranya ubwo yari mu bihano agashaka kumujyana muri Muhazi United ariko uretse ibihano Drogoba yahaye Shafiq kubera amakosa yakoze nta kindi kibazo bafitanye.

Imurora yakomeje agira ati “Bakaki nta kibazo dufitanye. Ku mukino wa Vision FC na Musanze FC I Kigali nibwo yasimbujwe mu kibuga igice cya mbere kirangiye maze ahita yitegera imodoka ku giti cye ataha i Musanze umukino utararangira. Icyo gihe twarabimuhaniye.

“Ubwo Bakaki yari mu bihano nibwo Miggy yashakaga kumujyana muri Muhazi United ariko ntibyakunda arangiza ibihano bye muri Musanze FC akomeza kuyikinira.

Mu gihe Mugiraneza Jean Baptista Miggy yashakaga kubiba umwuka mubi mu ikipe ya Musanze FC ngo itsindwe na kiyovu Sports, ibyo ntacyo byakoze ku ikipe ya Musanze FC kuko umukino warangiye Musanze FC itsinze ibitego bitatu ku busa bwa Kiyovu Sports ndetse na Bakaki Shafiq Miggy yari yinjiriyeho atsida igitego muri uwo mukino.


Imurora Japhet yavuze ko nta kibazo azi afitanye na Miggy uherutse kuvuga ko amwanga


Imurora Japhet 


Miggy mu magambo yabwiye Bakaki Shafiq harimo ko ngo yanga Imurora Japhet






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND