RURA
Kigali

Macedonia: Umukinnyi yishwe n’inkongi y’umuriro agerageza kurokora abandi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:17/03/2025 10:41
0


Igihugu cya Macedonia y’Amajyaruguru kiri mu gahinda gakomeye nyuma y’uko inkongi y’umuriro yahitanye abasaga 59 mu kabyiniro ka Pulse, aho n’umukinnyi wa ruhago, Andrej Lazarov w’imyaka 25, yaguye agerageza gutabara abandi.



Andrej Lazarov, wari umukinnyi w'ikipe ya FC Shkupi mu cyiciro cya mbere cya shampiyona ya Macedonia y’Amajyaruguru, yemejwe nk’umwe mu baguye muri iyi mpanuka yatewe n’inkongi y’umuriro mu rukerera rwo ku wa 16 Werurwe 2025. Ikipe ye yabitangaje kuri Facebook, yemeza ko uyu mukinnyi yishwe n’ubukana bw’uyu muriro ubwo yari arimo gufasha abandi gusohoka muri ako kabyiniro.

Ubu butumwa buragira buti: "Yagaragaje ubutwari n’ineza kugeza ku munota wa nyuma. Igikorwa cye cy’ubutwari kizahora mu mitima yacu nk’ikimenyetso cy’umutima mwiza yagiraga."

FC Shkupi yakomeje ivuga ko bibabaje kubona batakaje umukinnyi wabo bari bamaranye amezi atandatu gusa.

Inkongi yahitanye ubuzima bwa benshi

Minisitiri w’Umutekano muri Macedonia y’Amajyaruguru, Panche Toshkovskithe, yavuze ko iyi nkongi yabereye mu mujyi wa Kočani ahagana Saa Cyenda z’ijoro, ubwo abaririmbyi bo mu itsinda rya ADN bari barimo gutarama. Yakomeje avuga ko iyi nkongi yatewe n’ibishashi bizwi nka 'fireworks' byaje gukurura umuriro wa nyawo mu kabyiniro ka Pulse.

Nk’uko byatangajwe na BBC, iyi mpanuka yahitanye abantu 59 mu gihe abandi barenga 155 bakomeretse bikomeye. Ni imwe mu mpanuka zikomeye zigeze kuba muri iki gihugu mu myaka ya vuba.

Minisitiri w’Intebe wa Macedonia y’Amajyaruguru, Hristijan Mickoski, yanditse kuri Instagram ati: "Uyu ni umunsi ukomeye kandi ubabaje cyane kuri Macedonia. Guverinoma irakora ibishoboka byose ngo hamenyekane impamvu y’iyi mpanuka no gufasha abayikomerekeyemo."

Isi yihanganishije Macedonia

Iyi mpanuka yashenguye imitima ya benshi hirya no hino ku isi, abayobozi batandukanye bakomeje koherereza Macedoni ubutumwa bw'ihumure. 

Komiseri ushinzwe kwagura Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Marta Kos yagaragaje akababaro ke yandika kuri X ati: "Mbabajwe bikomeye n’iyi mpanuka y’inkongi y'umuriro yabereye i Kočani, yahitanye urubyiruko rwinshi. Ibitekerezo byanjye biri kumwe n’ababuze ababo ndetse n’igihugu cyose cya Macedonia."

Andrej Lazarov, intwari izahora yibukwa

Nubwo iyi nkongi yahitanye ubuzima bwa benshi, igikorwa cya Andrej Lazarov cyo guharanira kurokora abandi cyatumye afatwa nk’intwari. Ikipe ye, inshuti ze, n’abakunzi ba ruhago bose, bamwunamiye bavuga ko azahora yibukwa nk’umuntu wakundaga abantu, wanitanze kugeza ku munota wa nyuma.

Umukinnyi w'umupira w'amaguru yitabye Imana agerageza kurokora ubuzima bw'abandi

Yaguye mu nkongi y'umuriro yahitanye ubuzima bwa benshi

Andrej Lazarov yamaze gushyirwa mu ntwari z'igihugu 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND