RURA
Kigali

Asake yiyunze na Se nyuma y'igihe badacana uwaka yemera no gutanga indezo

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:17/03/2025 10:46
0


Nyuma y’igihe kinini batavuga rumwe, umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Ahmed Ololade uzwi nka Asake, yamaze kwiyunga na se, Fatai Odunsi, ndetse yemera no kwita ku mwana we w’imyaka 11, Zeenat.



Asake amaze igihe avugwaho guhemukira se, Odunsi, nyuma yo kumutererana ubwo yari arwaye indwara ya Stroke kuva mu 2022. Mu cyumweru gishize, uyu mubyeyi yari yatakambiye abagiraneza abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, asaba ubufasha bwo kwivuza, avuga ko umuhungu we atamwitayeho.

Muri ayo mashusho, Odunsi yaragize ati: "Umunsi mwiza mwese, ni njye wabyaye Ahmed Asake. Naramureze, ariko aheruka kunyitaho mu 2022. Nyamuneka mumfashe, nkeneye ubufasha bwanyu."

Aya magambo yateje impaka n’impagarara mu bakunzi ba Asake, benshi bibaza impamvu umuhanzi w’icyamamare atita kuri se.

Asake yemeye gufasha se no kumwubakira inzu

Nyuma y’iyo nkundura, Asake yageze kuri se maze yemera kumufasha. Mu mashusho mashya yashyizwe hanze ku Cyumweru, Odunsi yemeje ko we n’umuhungu we biyunze, kandi ko Asake yiteguye kumufasha mu buryo bwose.

Yagize ati: "Twakemuye ibibazo byose, ntitukiri mu makimbirane. Asake yambwiye ko azakora byose nshaka. Ubu bari gushaka inzu nshya azangurira. Ibibazo byose birakemutse."

Iki cyemezo cyatumye benshi bongeye kugira umutuzo, ndetse abafana ba Asake bishimiye ko yongeye kwiyunga n’umuryango we.

Asake yemeye kwita ku mwana we Zeenat

Uretse gufasha se, Asake yemeye no kwita ku mwana we w’imyaka 11, Zeenat. Nubwo atigeze amwihakana, yari ataramufataho inshingano nk’umubyeyi.

Odunsi yagize ati: "Asake ntabwo yigeze ahakana umwana we, ariko ubu yemeye kumwitaho byuzuye."

Ibi byabaye mu gihe Asake yitegura ibitaramo bikomeye

Iyi nkuru ije mu gihe Asake ari kwitegura igitaramo gikomeye 'Yardland Festival' kizabera mu Bufaransa muri uyu mwaka. Uyu muhanzi akunzwe cyane ku ndirimbo nka 'Lonely At The Top,' 'Why Love,' 'Remember,' n'izindi.

Asake yemeye kwita ku mubyeyi we ndetse n'umwana we w'imyaka 11 y'amavuko 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND