Mu gitaramo yakoreye i Los Angeles, Umuhanzikazi w’Umunyamerika Melissa Viviane Jefferson wamamaye nka Lizzo, yagarutse ku rugamba rwo guhangana n’agahinda gakabije (depression), avuga ko yigeze kumva atagishaka gukomeza kubaho.
Ku wa 12 Werurwe 2025, mu gitaramo cyabereye kuri Wiltern Theatre, umuririmbyi wakunzwe cyane mu ndirimbo nka "Truth Hurts," yavuze ko mu 2023 yagize ibihe bikomeye by’akababaro, aho yari yugarijwe no kwiheba. Muri uwo mwaka, Lizzo yajyanywe mu nkiko n’abahoze ari ababyinnyi be, bamushinja ihohoterwa n’aho no kubafata nabi. Gusa, yahakanye ibyo birego byose.
Mbere y’uko igitaramo kirangira,
nk’uko bigaragara mu mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, Lizzo yabanje kuvuga ku buzima bwe bwo mu mutwe, asobanura impamvu yise album ye nshya "Love in Real Life".
Ati: "Nayise gutyo kuko umwaka n’igice ushize, (bintera ubwoba kubivuga) nari ndi mu bihe bikomeye cyane byo kwiheba. Byari bikomeye cyane ku buryo numvaga ntagishaka gukomeza kubaho. Nari mfite ubwoba bw’abantu, ntashaka ko bambona. Ariko nyuma naje kurenga ubwo bwoba."
Yakomeje avuga ko ibintu
byatangiye guhinduka igihe yitabiraga igitaramo cy’abandi bahanzi. Ati: "Naciye mu bafana ndi kujya mu mwanya
wanjye, hanyuma habaho igitangaza. Umuntu umwe ntazi yarandebye arambwira ati,
‘Lizzo, ndagukunda.’ Naramwiyegereje turahoberana, kandi
byari byiza cyane."
Nyuma y’icyo gikorwa
cy’urukundo, abantu benshi baramwegereye baramushyigikira. Yavuze ko ibyo
byamufashije cyane, ati: "Ibyo
nari nkeneye si ibyo wabona kuri internet, ni urukundo ushobora kubona gusa mu
buzima busanzwe."
Lizzo yavuze ko atari
kuvuga ibi kugira ngo bamugirire impuhwe, ahubwo yashakaga gutanga ubutumwa ku
muntu wese waba yaranyuze mu bihe bikomeye, yaba yarababajwe n’isi,
yararenganyijwe cyangwa yarabeshyewe.
Yakomeje asaba abantu
gushaka ubufasha igihe bafite ibibazo. "Niba
wumva uremerewe n’agahinda, shaka umuntu wumva wagufasha akakumva. Niba ubabajwe
n’imiyoborere ya Leta, shaka abandi bababajwe na byo mutangire kugira icyo
mukora. Niba wanga uko usa, shaka umuntu ugukunda uzakubwira ati, ‘Uri mwiza
nk’uko uri, uko umubiri wawe wahinduka kose.’ Kuko nubwo wowe waba utabyemera,
uri umuntu udasanzwe."
Muri icyo gitaramo, Lizzo
yaririmbye indirimbo ze zakunzwe zirimo "Juice",
"About Damn Time",
ndetse n’indirimbo nshya "Love in
Real Life" na "So
Bad", yasohotse ku wa 13 Werurwe.
Icyakora, Lizzo aracyahanganye
n’ibirego byatanzwe na bamwe mu bakozi be ba kera, bamushinja ihohoterwa
rishingiye ku gitsina no ku ruhu, ndetse n’aho yakoreraga hadakwiye. Gusa, we akomeje gutera utwatsi ibyo birego byose.
Umuhanzikazi Lizzo yahishuye ko yigeze kumva atagishaka kubaho
Mu minsi ishize, yumvikanye mu birego byo gusambanya abahoze ari ababyinnyi be
TANGA IGITECYEREZO