RURA
Kigali

USA: Impaneza Hertier yisunze Aime Frank bakangurira abantu kwiringira Imana - VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:12/03/2025 21:00
0


Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Impaneza Hertier yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise "Imana yo kwiringirwa" yakoranye na Aime Frank.



Aba baramyi bombi kuri ubu batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, biyemeje gukorana iyi ndirimbo mu rwego rwo bwibutsa abantu ko mu bibaho byose Imana ari iyo kwiringirwa kuko itagira inenge mu byo ikora.

Impaneza Heritier yabwiye InyaRwanda ko gukorana indirimbo na Aime frank bisobanuye ‘ubufatanye bw’abana b’Imana ndetse no kwicisha bugufi.’

Ni indirimbo ishimangira ubudahangarwa bw’Imana, bityo ko abantu bakwiye kuyiringira. Hertier abigarukaho yagize ati: “Imana imenya iherezo ihagaze mu itangiriro, nta nakimwe itazi, ijambo gutungurwa ntiribaho mu bumana bwayo. Imigambi yayo ntiburizwamo, bityo rero ni Imana yo kwiringirwa kuko niyo itabasha kugira inenge mu byo ikora byose. Amahitamo yayo arera kabone nubwo ubushake bwayo bwaba bushaririye kuri twe.”

Nyuma y’iyi ndirimbo, uyu muramyi yatangaje ko ateganya indi mishinga irimo n’igitaramo kizafatirwamo amashusho y’izindi ndirimbo Imana nibishima.

Ati: “Ndateganya gukora cyane uko Umwami azarushaho kudushoboza ndetse no kutumenyesha ibyo ashaka. Ndateganya gukora igitaramo cya ‘live recording’ mu bihe biri imbere Yesu nabishima.”

Iyi ndirimbo ni iya gatatu ya Hertier watangiye uyu murimo wo kuririmba indirimbo zihimbaza Imana mu 2016, kaba ije ikurikira iyitwa ‘Niwe byiringiro’ na ‘Niwe bugingo,’ yashyize hanze mu bihe byashize.


Umuhanzi Impaneza Hertier yashyize hanze indirimbo ya gatatu


Ni indirimbo yiyambajemo Aime Frank babana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

">Kanda hano urebe indirimbo nshya Impaneza Hertier yahuriyemo na Aime Frank yitwa "Imana yo kwiringirwa"

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND