RURA
Kigali

RIB yasabye abatuye i Rwesero kurwanya icuruzwa ry’abantu no gutangira amakuru ku gihe

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:12/03/2025 22:25
0


Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwasabye abatuye Akagari ka Rwesero mu Murenge wa Kigali ho mu Karere ka Nyarugenge, kwirinda icuruzwa ry'abantu no kuba maso ku bujura bukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga kandi bagira icyo babona bakagira amakenga banatangira amakuru ku gihe.



Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 12 Werurwe 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwakoze ubukangurambaga bugamije gukangurira abaturage kurwanya ibyaha no gukumira ingaruka zabyo ku muryango nyarwanda.

Iki gikorwa cyayobowe na Ntirenganya Jean Claude, Ushinzwe ibikorwa byo gukumira ibyaha muri RIB, aho yagaragaje ko inshingano z’uru rwego ari ukugenza ibyaha, gukumira ibyaha no gutahura ababigiramo uruhare. Yibukije ko gukumira ibyaha bisaba ubufatanye bw’inzego zose by’umwihariko abaturage.

Muri ubu bukangurambaga, RIB yakanguriye abaturage kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, cyane cyane muri iki gihe hitegurwa kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Abaturage basabwe kwigisha abana babo amateka y’u Rwanda batayagoretse, kuko kubeshya ku mateka ari byo bikomeza kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga nabwo bwagarutsweho, aho abajura bagenda bagira amayeri menshi yo gushuka abaturage bakoresheje telefone n’imbuga nkoranyambaga.

RIB yagiriye inama abaturage kudatega amatwi ababahamagara babizeza ibitangaza, kutizera abantu batazi no kudaha umuntu uwo ari we wese simukadi(Sim Card) yabo kuko ishobora gukoreshwa mu bikorwa by’ubwambuzi.

Ku rundi ruhande, abaturage banakanguriwe kurwanya icuruzwa ry’abantu, rikunze gukorwa mu buryo bwihishe, aho benshi bisanga mu mutego wo kubeshywa ibidahari, bikarangira bahohotewe cyangwa bagacuruzwa nk’abakoreshwa imirimo y’agahato cyangwa ibindi bishobora kubangiriza ubuzima burundu.

Nadine Kuradusenge, ukorera mu ishami rya RIB rishinzwe kurwanya ihohoterwa muri Isange One Stop Center, we yasobanuriye abaturage ibijyanye n’ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ingaruka zabyo.

Yavuze ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikubiyemo Gukubita no gukomeretsa uwo mwashakanye, Kwica uwo mwashakanye, Guhoza ku nkeke uwo mwashakanye no Gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Kuradusenge yanagarutse ku cyaha cyo gusambanya umwana utaruzuza imyaka y’ubukure (18), aho yibukije abantu ko iki cyaha gikorwa mu buryo butandukanye birimo Gukoresha imibonano mpuzabitsina umwana, Gushyira igitsina mu gitsina cye, mu kibuno cyangwa mu kanwa k’umwana no Gukorakora cyangwa gusoma umwana hagamijwe kwishimisha.

Abaturage bibukijwe ko Isange One Stop Center itanga ubufasha bwihuse ku bahohotewe, harimo gutanga imiti yo gukumira ingaruka z’ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gufasha abahuye n’ibi byaha kubona ubutabera.

RIB kandi yibukije abaturage bo mu Kagari ka Rwesero kwirinda ibiyobyabwenge, ubusinzi ndetse no gukangurira abaturage kubireka. Ibyaha bishingiye ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge birimo urugomo, gufata ku ngufu no gutakaza amafaranga mu buryo budafite gahunda.

Iki gikorwa cy’ubukangurambaga cyasojwe n’uburyo bwatanzwe bwo gutanga amakuru y’ibyaha, aho abaturage bashishikarijwe gukorana n’inzego z’umutekano kugira ngo barwanye ibyaha

 

Ntirenganya Jean Claude ushinzwe ibikorwa yo gukumira ibyaha muri RIB yaganirije abaturage b'Akagari ka Rwesero ku kwirinda ibyaha bitandukanye birimo n'ubujura

Nadine Kuradusenge yibukije abanya Rwesero kwirinda ibyaha bitandukanye birimo no gusambanya abana n'uburyo bikorwa 

Abanya Rwesero bari bafite ibbibazo bifuza kugeza muri RIB babitanze bitabasabye gukubita amaguru

Umuyobozi w'akagali ka Rwesero atanga ikaze kubashyitsi

Umuyobozi w'umurenge wa Kigali ubwo yari afashe ijambo ashimira abakozi ba RIB batanze impanuro

RIB yakomereje ubukangurambaga bwo gukumira ibyaha mu karere ka Nyarugenge mu murenga wa Kigali,Akagari ka Rwesero






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND