RURA
Kigali

Intambara y'amagambo hagati ya Niyibizi Ramadhan na Muhire Kevin

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:12/03/2025 16:32
0


Nyuma y'uko Niyibizi Ramadhan avuze ko kudatsinda Rayon Sports cyaba ari igihombo cya APR FC ariko Kevin akamusubiza avuga ko ariwe wahombye kubera yatangaje ibi atanakina,undi yongeye gukoza agati mu ntozi aho yabwiye Muhire Kevin ko ntacyo akwiye kuvuga imbere ye mu gihe ataratsinda igitego mu mukino wa Derby kandi we yarabikoze.



Mbere y’uko APR FC ikina na Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, Niyibizi Ramadhan yatangaje ko cyaba ari igihombo ku ikipe ya APR FC umukino uramutse urangiye idatsinze Rayon Sports.

Ku Cyumweru itariki 9 Werurwe 2025, uyu mukino warakinwe maze urangira amakipe yombi anganya ubusa ku busa. Kunganya uyu mukino byatumye Rayon Sports iguma ku mwanya wa mbere naho ikipe ya APR FC nayo iguma ku wa Kabiri.

Kuri uyu wa Kabiri itariki 11 Werurwe 2024 nibwo Muhire Kevin yagarutse ku magambo Ramadhan yari yavuze mbere y’umukino maze avuga ko aho kuba igihombo kiri kuri APR FC yananiwe gutsinda Rayon Sports kiri ku wabivuze  watangaje ko baza gutsinda umukino kandi nta mwanya abona wo gukina ngo abe ariwe uyitsindira nk’uko yari yabitangaje.

Muhire Kevina yagize Ati “ “Kuba Ramadhan yavuga ko kudatsinda Rayon Sports ari igihombo kuri APR FC, aribeshya ahubwo igihombo kiri kuri we kuko ntabwo akina ni umusimbura.

Iyo aza kubivuga akina byari kuba ari byiza kuko yabivuga azi neza ko najya mu kibuga azabigaragaza ko ibyo yavuze aribyo. Kuvuga ikintu udakina nicyo gihombo. Gusa icyo navuga twirinde gutangaza ahubwo ibikorwa aribyo biba byinshi kuko nta muntu wanzura uko umukino wa Derby urangira kuko ugera mu kibuga ibyo watekerezaga bigahinduka.

Mu kiganiro yagiranye na Radio & TV 10, Niyibizi Ramadhan yavuze ko Muhire Kevin adakwiye kugira ijambo imbere ye kuko we ataratsinda igitego mu mukino wa APR FC na Rayon Sports kandi we yaragitsinze.

Ramadhan yakomeje avuga ko Kevin adakwiye kwiyumva nk’umukinnyi ukomeye mu gihe atarabona igitego mu mukino wa APR FC na Rayon Sports 'amagambo ye ayita agasuzuguro'.

Niyibizi Ramadhan yagize Ati “Ndi umwe mu bakinnyi batsinze igitego muri derby. Rero kuvuga ko uri umukinnyi ukomeye ariko utaratsinda igitego muri derby cyangwa mu mukino twakinnye nta kintu gikomeye wari wakora, ubwo ubishingira kuki uvuga ko uri umukinnyi mwiza? Azabireke kuko biriya ni ugusuzugura abantu."

 

Niyibizi Ramadhan yasubije Muhire Kevin

Kevin yari aherutse gutandaza ko Ramadhan ari mu gihombo kuba yaratangaje APR FC izatsinda Rayon Sports kandi adakina

Ramadhan yavuze ko nta jambo Kevin akwiye kuvuga mu gihe ataratsinda igitego kuri derby






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND