Perezidansi ya Angola yatangaje ko yemeranyije na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,Felix Tshisekedi guhurira ku meza y'ibiganiro na M23, hagamiwe kugarura umutekano mu Burasirazuba bwa DRC nyuma y’igihe ibi biganiro byifuzwa binagaragara ko ariwo muti w’ibibazo byose bafite.
Hashize
igihe kitari gito igihugu cya Angola kiyobowe na Perezida João Lourenço aricyo
muhuza w’ibiganiro bigamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo dore ko
igihe kibaye kirekire abantu bapfa umunsi ku wundi ari nako ibikorwaremezo
bisenywa.
Ku
ikubitiro, iki gihugu cyabanje kuganiriza Congo n’u Rwanda kuko yakundaga kurushyira mu majwi ivuga ko arirwo rwihishe inyuma y’uyu mutekano muke
nubwo rwo rutahwemye kugaragaza ikibazo ndetse n’uko cyacyemuka.
U
Rwanda rwagaragaje ko iki kibazo kiri mu Burasirazuba bwa DR-Congo kitatewe n’abanyarwanda
kuko abaturage batuyeyo hariya abavuga ikinyarwanda ndete rwereka
amahanga ko inzira ishoboka yo gukemura ikibazo ari ukubahuriza mu biganiro.
Nyuma y’igihe kirekire iyi ngingo yirengagizwa, Perezidansi ya Angola yatangaje ko nyuma y’uruzinduko ruto Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yagiriye i Luanda, hemejwe ko Angola nk’umuhuza,izayobora ibiganiro bizahuza abahagarariye umutwe wa M23 n’abahagarariye uruhande rwa Leta ya RDC.
Ibi biganiro bikazabera i Luanda mu minsi mike iri
imbere, bigamije gushaka icyazana amahoro arambye muri icyo gihugu.
Nubwo
igihugu cya Angola gishyize mu bikorwa inzira ikwiye yo gukemura ikibazo,
cyatowe nande ngo kibe umuhuza w’ibi biganiro?
Ntabwo
ngiye kuvuga Angola muri rusange nubwo ari urugero rw’umuhuza abantu bose
bazi, ndashaka gucukumbura no kumenya ushyiraho umuhuza n’ibyo agomba kuba
yujuje.
Umuhuza
w’amahoro ni umuntu, igihugu, cyangwa urwego mpuzamahanga rushyirwaho kugira
ngo rufashe mu biganiro by’amahoro hagati y’impande zishyamiranye. Uwo muhuza
agira uruhare mu gufasha impande zose kuganira, gukemura amakimbirane no
kugera ku masezerano y’amahoro arambye.
1.
Ni nde ushyiraho umuhuza w’amahoro?
Umuhuza w’amahoro ashobora gushyirwaho n’inzego zitandukanye bitewe n’imiterere y’amakimbirane. Harimo:
Imiryango
mpuzamahanga: Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye (UN), Umuryango wa Afurika yunze
Ubumwe (AU), cyangwa ibindi nk’Umuryango w’Ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi
(EU) bishobora gushyiraho abahuza mu biganiro by’amahoro.
Ibihugu
by’akarere cyangwa ibifitanye isano n’amakimbirane: Hari igihe ibihugu
by’akarere byihitamo igihugu kizaba umuhuza nk’uko Angola yagizwe umuhuza mu
kibazo cya RDC n’u Rwanda binyuze muri "Luanda Process".
Ibihugu
bikomeye cyangwa birebwa n’iyo ntambara: Ibihugu bifite inyungu mu mahoro muri
ako karere bishobora gutanga umuhuza.
Inama
cyangwa ibiganiro by’amahoro: Hari igihe impande zishyamiranye ubwazo zemeranya
ku muhuza w’amahoro uzabafasha kuganira.
Imiryango itari iya leta (NGOs) n’inzobere mu bunyamategeko mpuzamahanga: Hari igihe imiryango yigenga ifite ubunararibonye mu guhuza impande zishyamiranye ishobora guhabwa inshingano zo kuba abahuza.
2.
Umuhuza w’amahoro agomba kuba yujuje ibiki?
Umuntu cyangwa igihugu gishyirwa nk’umuhuza w’amahoro kigomba kuba gifite ibi bikurikira:
a)
Uburambe mu bwunzi no mu biganiro
Umuhuza
agomba kuba afite ubushobozi bwo gukemura amakimbirane, akaba azi ibyerekeye
ubunyamwuga mu biganiro, ndetse akaba afite ubushobozi bwo kumvikanisha impande
zihanganye.
Ashobora
kuba ari igihugu gifite amateka meza mu bunyamategeko mpuzamahanga n’ubuhuza.
b)
Kutabogama (Neutrality)
Umuhuza
agomba kuba adafite aho abogamiye mu mpande zishyamiranye. Ibi bivuze ko agomba
gukorana n’impande zose mu bwisanzure, adashyigikiye uruhande rumwe.
Kuba
igihugu kidafite inyungu zihariye mu makimbirane bifasha kugirira icyizere uwo
muhuza.
c)
Kuba afite icyubahiro n’icyizere mpuzamahanga
Kuba
igihugu cyizewe n’impande zombi bituma cyemerwa nk’umuhuza mwiza.
Kuba
gifite umuyobozi cyangwa abayobozi bafite ubushobozi bwo gukora ibiganiro
bikomeye.
d)
Kuba gifite ubushobozi bwo gutanga ibisubizo bifatika
Umuhuza
agomba kuba afite ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa ibisubizo biboneye ku
mpande zose.
Aho
bishoboka, agomba kuba afite ubushobozi bwo gutanga imfashanyo cyangwa ubufasha
bwo gusana ibyo intambara yangije.
e)
Kuba afite ubunararibonye mu makimbirane nk’ayo
Kuba
igihugu cyaranyuze mu makimbirane nk’ayo cyangwa kigira amateka meza yo guhuza
amahoro bituma cyizerwa nk’umuhuza.
3.
Ibihugu n’abantu bamenyekanye mu buhuza bw’amahoro
Norway:
Yabaye umuhuza mu masezerano y’amahoro hagati ya Israel na Palestine (Oslo
Accords).
Afurika y'Epfo: Yabaye umuhuza mu biganiro by’amahoro muri Sudani y’Epfo.
Kofi
Annan (wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa UN): Yagize uruhare mu biganiro
by’amahoro muri Kenya mu 2008.
Julius
Nyerere (wahoze ari Perezida wa Tanzania): Yagize uruhare mu biganiro
by’amahoro mu Burundi.
Umuhuza
w’amahoro agira uruhare rukomeye mu gukemura amakimbirane, ariko agomba kuba
afite ubushobozi, ubunararibonye, kutabogama, icyubahiro mpuzamahanga n’ubushobozi bwo gutanga ibisubizo bifatika kandi akaba umunyakuri.
Perezidansi ya Angola yatangaje ko DRC yemeye kuganira na M23
Binyuze mu bayobozi bakuru bayo, M23 ntiyahwemye kugaragaza ko yifuza kuganira n'abayobozi ba DRC
Minsitiri w'Ubunyanyi n'Amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yakunze kujya mu nama z'ubuhuza i Luanda
Leta ya DRC yavuye ku izima yemera kuganira na M23 mu biganiro bigomba kuzabera i Luanda
TANGA IGITECYEREZO