RURA
Kigali

Nigeria: Umugabo yiciye mugenzi we mu misa yo gushyingura

Yanditswe na: KUBWIMANA Solange
Taliki:9/03/2025 20:09
0


Inkuru dukesha ikinyamakuru PM News Nigeria ivuga ko umugabo witwa Gideon Gabriel Eyoh Nwosu, yishwe bunyamaswa atewe icyuma na mugenzi we.



Ibi byabereye muri Leta ya Cross River. Ibi bintu bibabaje byabaye ku itariki ya 08, Werurwe 2025, ku isaha ya saa cyenda z’amanywa mu gihe bari mu misa  yo gusezera kuri nyakwigendera Chief Maurice Ibok.

 Ababyiboneye, bari  muri iyi misa batunguwe cyane ndetse abenshi bahahamuwe n’ubu bwicanyi bwahabereye. 

Bivugwa ko ukekwao icyaha unzwi ku izina rya Efio Effiong, yahagurutse aho yari yicaye maze agatera icyuma Nwosu mu muhogo maze agahita ahunga, akaba yaburiwe irengero.
 

Abari bari aho icyaha cyabereye, bihutiye guhamagara abashinzwe umutekano kugira ngo hakorwe ubutabazi bwihuse, abapolisi ba Sting Unit Robot bahise bahagera maze bajyana  umurambo w’uwahohotewe mu bitaro bikuru bya Leta ya Cross River kugira ngo ukorerwe isuzuma.
 

Hagati aho, iperereza ryatangiye ndetse Effiong ari gushakishwa mu buryo bushoboka bwose kugira ngo aryozwe ibyo yakoze hakurikijwe amategeko, abashinzwe umutekano barasaba abturage gutanga amakuru yose ashobora gufasha mu kubona uyu mugabo, ndetse bakajya barushaho gukumira ubwicanyi nk’ubu.

Ubu bwicanyi bwasize abaturage mu gahinda gakomeye, aho abenshi bavuga ko ari indengakamere ndetse ko batiyumvisha ikintu gishobora gutuma umuntu atinyuka kwicira mugenzi we mu misa yo gusabira uwapfuye. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND