RURA
Kigali

Ni inde wishe Notorious B.I.G. umaze imyaka 28 yitabye Imana?

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:9/03/2025 15:00
0


Ku itariki 9 Werurwe 1997, isi y’umuziki yahungabanyijwe n’urupfu rwa Notorious B.I.G., umuraperi wari umaze kuba icyamamare. Yapfuye afite imyaka 24 gusa, ariko yari yamaze kwandika izina nk’umwe mu baraperi bakomeye kurusha abandi mu mateka ya hip-hop.



Notorious B.I.G., amazina ye nyakuri ni Christopher George Latore Wallace, akaba yaravukiye i Brooklyn muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku ya 21 Gicurasi mu 1972. Yamenyekanye cyane mu muziki wa hip-hop, asohora Album ye ya mbere ‘Ready to Die’ mu 1994, imugira umwe mu bahanzi bakunzwe cyane muri rap.

Album ye ya kabiri ‘Life After Death’ yasohotse nyuma y’urupfu rwe mu 1997, iza mu zacurujwe cyane, igera ku rwego rwa ‘diamond’ nyuma yo kugurisha kopi miliyoni 10.

Urupfu rwa Notorious B.I.G.: Byagenze bite?

Ku mugoroba wo ku ya 9 Werurwe 1997, Notorious B.I.G. yari yitabiriye ibirori byo gutanga ibihembo bya ‘Soul Train Awards’ byabereye i Los Angeles. Saa sita n’igice z’ijoro, ubwo yari avuye muri ibyo birori, yicaye mu modoka ye yari iparitse hafi y’amatara atukura mu muhanda wa Fairfax & Wilshire. Muri ako kanya, imodoka itagira ‘plaque’ ifite ibara ry’umukara yo mu bwoko bwa black Chevy Impala yaraje, maze umuntu wari uyirimo amurasa amasasu ane.

Nk’uko byaje gutangazwa na raporo y’abagenzacyaha mu 2012, isasu rimwe ryakomerekeje cyane Notorious B.I.G., rinyura mu itako no mu gatuza, rikomeretsa ibice by’ingenzi by’umubiri we. Yahise ajyanwa igitaraganya ku bitaro bya Cedars-Sinai Medical Center, aho abaganga bagerageje kumukorera ubutabazi bwihutirwa, ariko ahita yitaba Imana saa saba n’iminota 15 z’ijoro.

Kugeza magingo aya, abamwishe ntibaramenyekana, kandi nta muntu urafatwa kubera uru rupfu rwe.

Isano y’urupfu rwa Notorious B.I.G. n’urwa Tupac Shakur

Urupfu rwa Notorious B.I.G. rufitanye isano ikomeye n’urwa Tupac Shakur, umuraperi bari bahanganye muri hip-hop yo mu myaka ya 1990. Aba bombi bari bashyamiranye cyane, aho Tupac yabarizwaga ku ruhande rw’umuziki wa West Coast, naho Notorious B.I.G. akaba yari ayoboye East Coast.

Mu 1996, amezi atandatu mbere y’uko Notorious B.I.G. yicwa, Tupac yarasiwe i Las Vegas. Bamwe bakeka ko kwica Notorious B.I.G. byari uburyo bwo kwihorera ku rupfu rwa Tupac, ariko nta bimenyetso bifatika byigeze bigaragazwa.

Ni inde wishe Notorious B.I.G.?

Amakuru agaragaza ko uwamurashe yari umugabo w’umwirabura wambaye ikositimu y’ubururu na karuvati. Nubwo habaye iperereza ryimbitse, nta muntu n’umwe wigeze afatwa.

Umuryango wa Notorious B.I.G. wagejeje ibirego mu nkiko inshuro ebyiri, mu 2002 no mu 2007, uvuga ko Polisi ya Los Angeles (LAPD) yagize uruhare muri uru rupfu cyangwa se ikaba itarakoze ibishoboka byose ngo irinde neza umuntu wabo. Ibi birego ntacyo byagezeho, urubanza rwa mbere rwarahagaritswe, urwa kabiri na rwo ruteshwa agaciro.

Hari ibitekerezo bivuga ko Suge Knight, wari umuyobozi wa Death Row Records, ashobora kuba ari inyuma y’ubu bwicanyi, ashyigikiwe n’abapolisi ba LAPD bashinjwa kurya ruswa. Umupolisi witwa Greg Kading wakoze iperereza kuri uru rubanza yavuze ko urubanza "rwasobanuwe, ariko rudakurikiranwe mu nkiko."

Kugeza ubu, urupfu rwa Notorious B.I.G. rukomeje kuba kimwe mu byaha bikomeye bitarabonerwa igisubizo mu mateka y’umuziki.

Icyo Isi yasigaranye nk’urwibutso rwa Notorious B.I.G.

Urupfu rwa Notorious B.I.G. rwashenguye abakunzi b’umuziki ku isi yose. Mu rugendo rwo guherekeza umurambo we i Brooklyn, abantu ibihumbi bari bateraniye mu mihanda, baherekeza uwo bafataga nk’inkingi ya mwamba muri hip-hop. Nyina, Voletta Wallace, yaravuze ati: “Ubwo twageraga kuri Saint James Place, nabonye urukundo rwinshi rwarushijeho kugaragara. Icyo gihe ni bwo nabonye ukuntu umuhungu wanjye yakundwaga.”

Nubwo yapfuye akiri muto, Notorious B.I.G. yasize umurage ukomeye mu muziki wa hip-hop. Mu 2020, yinjijwe muri Rock and Roll Hall of Fame, yemezwa nk’umwe mu bahanzi bagize uruhare rukomeye mu guhindura injyana ya rap.

Abahanzi benshi nka Jay-Z, Eminem, 50 Cent, na Lil Wayne, bagaragaje ko Notorious B.I.G. yababereye icyitegererezo mu muziki wabo.

Uyu muraperi yanasize abana babiri, C.J. Wallace na T’yanna Wallace. Umuhungu we C.J., mu kiganiro yagiranye na PEOPLE mu 2022, yaravuze ati: “Papa yari umuntu ukomeye ku isi yose. Mbona uko abantu bamuha icyubahiro, bakanyandikira ubutumwa banshimira, ndetse n’abakiri bato batigeze bamubona baracyamwigiraho.”

Urupfu rwe rwasize icyuho kinini muri hip-hop, ariko ubuhanga bwe mu miririmbire, mu mvugo n’uburyo yasobanuraga ibihangano bye, byatumye aguma mu mitima y’abakunzi ba rap ku isi hose.

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND