RURA
Kigali

Uyu munsi mu mateka: Hizihizwa Umunsi Mpuzamahanga w'Ururimi Gakondo

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:21/02/2025 7:04
0


Tariki ya 21 Gashyantare ni umunsi wa 52 muri uyu mwaka usigaje iminsi 313 ngo urangire.



Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by’ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y’isi.

Uyu munsi, ni Umunsi Mpuzamahanga w’Ururimi Gakondo.

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka:

1925: Ikinyamakuru The New Yorker cyasohoye nimero ya mbere.

1948: Irushanwa rya NASCAR ryaratangijwe.

1952: Leta y’u Bwongereza iyobowe na Winston Churchill yaciye indangamuntu muri UK mu rwego rwo guha abantu ubwisanzure.

1965: Malcolm X, umwirabura waharaniye uburenganzira bwa muntu yiciwe ahitwa Audubon Ballroom mu Mujyi wa New York n’abiyise Nation of Islam.

1974: Abasirikare ba nyuma ba Israel bavuye mu Ntara ya West Bank.

Bamwe mu bavutse kuri iyi tariki:

1924: Robert Mugabe wabaye Perezida wa Zimbabwe.

1969: Eric Wilson, umunyamuziki w’Umunyamerika.

1970: Fat Pat, umuririmbyi w’injyana ya Rap w’Umunyamerika.

1977: Steve Francis, umukinnyi wa Basketball w’Umunyamerika.

1979: Pascal Chimbonda, umukinnyi wa ruhago w’Umufaransa.

Bamwe mu batabarutse kuri iyi tariki

1730: Papa Benedict XIII.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND