Ikipe y'igihugu ya Misiri mu bagore yatsinze abagore b'u Rwanda igitego 1-0 mu mukino ubanza mu majonjora yo gushaka itike yo gukina igikombe cya Africa kizabera muri Morooc.
Kuri uyu wa
Gatanu itariki 21 Gashyantare 2025 ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu bagore yari
yakiriye iya Misiri mu majonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Africa
kizabera muri Morooc muri 2026.
Ni umukino watangiye u Rwanda rudahabwa amahirwe kubera uko rwagiye rwitwara mu mikino itandukanye rwagiye rukina mu cyiciro cy’abagore.
Mu gice cya mbere abakinnyi ba Misiri barangajwe imbere na
Nour Fahim bagerageje kugora u Rwanda ariko ba myugariro b’u Rwanda barimo Imaniraguha
Loise na Emerance bugarira neza cyane.
U Rwanda
narwo rwanyuzagamo rukataka ikipe y’igihugu ya Misiri ariko ba myugariro ba
Misiri barangajwe imbere na Nadda Emad Awad bahagarara neza. Uko guhangana
hagati y’ibihugu byombi mu kibuga ni byo byaranze igice cya mbere cyarangiye ari
ubusa ku busa.
Mu gice cya
kabiri abakinnyi b’u Rwanda bagerageje kwataka ngo barebe ko inkoko iri iwayo
yashonda umukara. Ku munota wa 46 Mukeshimana Dorothee yagerageje kuzamukana
umupira ariko umunya Misiri Nour Abdel wari wabaye ibamba mu bwugarizi yongera
gutabara.
Misiri
yongeye kurokoka ubwo Uwitonze Nyirarukundo yageraga imbere y’izamu maze
akarekura ishoti rikomeye ariko umuzamu wa Misiri Habiba Emad Sabry Mohamed
aratabara.
Misiri yaje
gufungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Habiba Esam Mohamed Hafiz nyuma yo
gucika ba myugariro bose b’u Rwanda bakamwihorera batekereza ko yaraririye
ariko abasifuzi bemeza ko ari igitego.
Igitego cya Habiba Esam Mohamed Hafiz ni na cyo cyasoje umukino kuko warangiye Misiri itsindiye u Rwanda imbere y'abafana barwo igitego 1-0.
Umukino wo kwishyura uteganyijwe ku itariki 25 Gashyantare 2025. Ikipe izarokoka hagati ya Misiri n'u Rwanda izakomeza mu ijonjora rya kabiri maze izaricika ibone itike yo gukina igikombe cya Africa kizabera muri Morooc muri 2026.
Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rw'u Rwanda
Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Misiri
Umukino wahuje u Rwanda na Misiri mu majonjora yo gushaka itike yo gukina igikombe cya Africa warangiye u Rwanda rutsindiwe mu rugo
TANGA IGITECYEREZO