Kigali

M23/AFC yaciye amarenga yo kubura imirwano ikerekeza i Bukavu

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:11/02/2025 14:15
0


Nyuma y’uko bari baratanze agahenge k'ibikorwa by'ubutabazi bagasukura umujyi wa Goma, Umuvugizi wa M23/AFC yatangaje ko i Bukavu nihakomeza kubera urugomo ruri gukorwa n'ingabo za Leta, bari bukomeze urugendo rwo kubohora i Bukavu.



Hashize iminsi micye abarwanyi ba M23/AFC batangaje ko babaye bahagaritse imirwano kugira ngo basukure banasubize mu buzima busanzwe abaturage bo mu mujyi wa Goma baherukaga guhunga imirwano yabereye muri uyu mujyi.

Nyuma y’aho, M23/AFC yakunze kumvikana ishinja ingabo za FARDC kubarasaho mu gihe bo bari barashyize hasi intwaro nk’aho ku wa 06 Gashyantare 2025, indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 ya FARDC yabarasheho ibisasu bikanahitana abaturage.

Mu itangazo umuvugizi wa M23/AFC yashyize hanze kuri uyu wa 11 Gashyantare, yavuze ko bumvise umuborogo w’abaturage batuye i Bukavu barizwa n’ibyo FARDC n’abo bafatanyije barimo babakorera harimo kubiba, kubahohotera ….

Lawrence Kanyuka yasabye MONUSCO guhagarika gushinja M23/AFC ibinyoma hanyuma asaba no kutumva icengezamatwara ry’ibyo ubutegetsi bwa Kinshasa buri kuvuga.

Mu gihe ibyo bikorwa byibasira abaturage byakomeza, Lawrence Kanyuka yavuze ko nta yandi mahitamo bafite, gahunda ari iyo gutabara abaturage ba DRC.

Yagize ati: “Ibintu i Bukavu bikomeje kuba bibi cyane. Abenegihugu bakomeje kwicwa no gusahurwa. Ibi byaha nibikomeza, tuzafata inshingano zacu zose kugira ngo turandure burundu iterabwoba kandi turirinde n’abaturage bacu.”

M23/AFC imaze iminsi itangaje ko mu gihe ibiganiro byahuje Afurika y’Iburasirazuba na SADC byayisaba kuva mu bice babohoje, badateza kubyemera habe na gato.

Perezida w’umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa yagize ati “Umwanzuro wose, uko waba ungana kose, udusaba kuva ku butaka bwacu no kuba impunzi cyangwa kongera kutugira abantu batagira igihugu uzaba ugamije gushoza intambara.”


Bisimwa aherutse gutangaza ko batazava mu bice bafashe kuko bari mu gihugu cyabo bityo bakaba batakwemera kongera kubaho badafite iyo baba





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND