Kanseri ikomeje kuba imwe mu ndwara zihitana abantu benshi ku isi, aho yibasira abagera kuri miliyoni buri mwaka, ndetse usanga amafaranga akenerwa mu buvuzi bwayo ari akayabo, bityo uyirwaye akenshi aba yihebye, ndetse yumva ko nta yandi maherezo uretse urupfu.
Mu ntangiriro z’uyu mwaka,
ni bwo Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 17 Mutarama 2025 yemeje ingamba zo
mu rwego rw’ubuzima zirimo kongera serivisi z’ubuvuzi zishingirwa n’ubwisungane
mu kwivuza buzwi nka Mituweli mu guteza imbere ubuzima bw’Abanyarwanda.
Ubwishingizi bwa Mituweli
busanzwe bukoreshwa n’Abanyarwanda bagera kuri 92% bwongerewemo serivisi 14
nshya z’ubuvuzi, harimo n’ubuvuzi bwa kanseri ndetse n’imiti yayo yari ihenze
cyane yongerwa kuri Mituweli.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr.
Sabin Nsanzimana ati: “Ibyo bizafasha abanyamuryango ba Mituweli kubona ubuvuzi
bwose butangirwa mu Rwanda kandi bakabubona bitagoranye. Birumvikana ko izo serivisi
zizasaba amikoro yiyongereye, ariko Inama y’Abaminisitiri yanarebye aho
azaturuka. Hari izizahita zitangira, hari n’izizagenda zongerwamo ku buryo
nibura muri Kamena 2025 izo serivisi zose zizaba zamaze kongerwa ku byishyurwa
na Mituweli.”
Ubwiyongere bwa serivisi
zo ku rwego rwisumbuye bwatewe n’ishoramari Leta yashyize mu bikoresho
by’ikoranabuhanga bikoreshwa mu buvuzi n’imiti, bigomba kujyana n’igabanuka
ry’ibiciro kuri izo serivisi.
Mu myaka nk’icumi ishize
u Rwanda rwakoze uko rushoboye mu guhangana n’indwara ya kanseri, haba mu
kuyisuzuma, kuyitahura no kuyisuzuma aho imibare yagiye izamuka, yikuba hafi
inshuro 10.
Byatumye n’imibare
y’abayirwaye biyongera kuko kwiyongera bigaragaza umusaruro ukomeye wo gutahura
iyo ndwara ku bayifite.
Kuva mu 2018 imibare
igaragaza ko abarwayi bashya bari 3275, mu 2019 bagera ku 4997. Mu 2020
bagabanyutseho gato kuko bageze ku 4880, kuva icyo gihe imibare ihita
itumbagira kuko mu 2021 abarwayi bashya bari 5214, na ho mu mwaka wa 2022 baba
5283.
Kuva ubwo imibare
y’abasanganwa kanseri mu Rwanda buri mwaka baba babarirwa mu 5200, kandi
bikamenyekana ku basuzuzwe gusa.
Muri Gashyantare 2024,
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko 80% by’ibikenewe ngo
abarwaye kanseri bitabweho bihari mu Rwanda.
Yari ahereye ku kigo
kivura kanseri cyafunguwe mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe, ndetse n’ibindi
bitaro bitanu bifite ubushobozi bwo kuvura kanseri nk’ibya CHUB, CHUK, Ibya
Gisirikare biri i Kanombe, Ibyitiriwe Umwami Faisal n’ibya Butaro.
Icyakora nubwo bimeze
bityo, gahunda y’ubuvuzi bw’iyi ndwara iracyarimo ibibazo bitandukanye. Birimo
nk’abaganga bake, ubumenyi bw’abavura n’ababaga izi ndwara bufitwe na mbarwa mu
Rwanda n’ibindi.
Kongera inzobere zivura
kanseri ni bimwe mu bikenewe cyane, hagashyirwa umwihariko ku babaga iyo
ndwara, kuko inzobere mu by’ubuzima zemeza ko iyo uyibaze neza ukayimaramo haba
hari amahirwe menshi yo gukira k’uyifite.
Ni mu gihe Ikigo
cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima, RBC, gisaba Abanyarwanda kwisuzumisha
kare kuko iyo kanseri ibonywe kare byongera amahirwe yo kuvurwa ugakira.
Imibare y’iki kigo ivuga
ko mu mwaka ushize wa 2024 abantu bagera ku 3000 bahitanywe na kanseri z’ubwoko
bunyuranye.
Umuyobozi ushinzwe indwara
zitandura zirimo na kanseri, muri RBC, Dr Uwinkindi François avuga ko bishimira
ko mu Rwanda ubuvuzi bwa cancer bugenda butera imbere aho ubu kuyisuzuma
bishoboka, ndetse no kuyivura hakoreshejwe uburyo butandukanye.
Buri mwaka ku itariki ya
04 Gashyantare, isi yose yifatanya mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya
kanseri, mu bikorwa byo kwishimira ibyagezweho mu kurwanya Kanseri, kwishimira
iterambere ry’ubumenyi mu kuvura kanseri, gushimangira ibikorwa byo kurwanya
Kanseri, ndetse no kwigisha abantu bose uburyo bwo kuyirwanya.
Umunsi mpuzamahanga
wahariwe kurwanya kanseri ku isi, ni umunsi wo gusubiza amaso inyuma no kureba
ingaruka za kanseri, OMS yibutsa abantu ko hamwe n'imbaraga rusange,
ubukangurambaga, ndetse no gutanga ubuvuzi, bishobika kurwanya indwara ya
kanseri.
Ishami ry’Ishami
Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima, OMS rivuga ko umubare w'abo ihitana
ukomeje kwiyongera kuko mu 2022 abantu million 20 bayanduye, naho abagera kuri
million 10 bahitanywe nayo.
Raporo ya OMS igaragaza
ko byibuze buri munota, ibipimo bigaragaza abantu 40 barwaye kanseri, kugeza
ubu isi ihangayikishijwe cyane n’ikibazo cya Kanseri. Kuri uyu munsi rero
wahariwe kurwanya Kanseri, OMS irahamagarira abantu bose, kwitabira ibikorwa
by’ubuzima mu kurwanya kanseri.
OMS igira abantu inama
zabafasha kurwanya kanseri zirimo kurya indyo yuzuye, gukora imyitozo
ngororamubiri, kwirinda itabi, kugabanya inzoga, kwita ku ruhu, kugabanya
imihangayiko ‘stress’, gufata inking n’ibindi.
Mu Rwanda ho RBC ivuga ko
umwaka ushize wa 2024 abantu 5500 basanze barwaye kanseri, abagera 3000
irabahitana.
Kanseri zikunze guhitana
abantu mu Rwanda iza ku mwanya wa mbere ni iy'ibere, igakurikirwa n’iy'inkondo y’umura,
iya gatatu ikaba kanseri ya prostate, ku mwanya wa kane hakaza kanseri zifata
amara, igifu n'umwijima.
TANGA IGITECYEREZO