RFL
Kigali

Dr. Agnes Kalibata yashimiwe uruhare rwe mu guteza imbere ibiribwa ku Isi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:17/10/2024 10:32
0


Umunyarwandakazi Dr. Agnes Kalibata uyobora Ihuriro Nyafurika riteza imbere Ubuhinzi (AGRA) yahawe igihembo cya Justus-von-Liebig Award for World Nutrition, kubera uruhare rwe mu guteza imbere ibiribwa ku Isi.



Iki gihembo yagiherewe muri Kaminuza ya Hohenheim mu Budage, ku wa 16 Ukwakira 2024, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Ibiribwa.

Uyu mwaka, insanganyamatsiko y’uyu munsi ku Isi iragira iti: "Uburenganzira ku biribwa: ubuzima bwiza n'ejo heza."

Mu Rwanda, uyu munsi usanze hari ibiribwa bihenze ibindi byabuze ku isoko. MINAGRI irakangurira abatufage guhinga ahari ubutaka hose ngo umusaruro wiyongere.

Umunsi w’ibiribwa wemejwe ku Isi kuva mu mwaka wa 1945, hagamijwe guca burundu inzara ndetse n’ibura ry’ibiribwa ku batuye Isi bose.

Dr Agnes Kalibata we ni Umuyobozi w’Umuryango Nyafurika uharanira guteza imbere ubuhinzi (AGRA). Ni umwe mu bantu babaye abaminisitiri b’ubuhinzi b’icyitegererezo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara. Kuva mu 2008 kugeza mu 2014 ubwo yari Minisitiri w’Ubuhinzi mu Rwanda, ubukene bwagabanutseho 50 % ahanini bitewe na politiki nziza y’ubuhinzi no kuzamura abahinzi bato.

Afite Impamyabumenyi y’Ikirenga (PhD) mu bijyanye n’udusimba duto (Entomology) yakuye muri Kaminuza ya Massachusetts mu mwaka wa 2005.

Yamaze imyaka igera ku icumi akora mu kigo gikora ubushakashatsi ku buhinzi, International Institute of Tropical Agriculture at the Kawanda Agricultural Research Institute gikorana na Kaminuza ya Makerere ndetse n’iya Massachusetts, avamo mu 2006 ajya muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Mu 2018, yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga y’icyubahiro na Kaminuza ya Liège yo mu Bubiligi ku bw’imiyoborere ye idasanzwe.

Naho mu 2012 yahawe igihembo cyitwaga Yara Prize ubu cyahindutse Africa Food Prize gihabwa umuntu cyangwa ikigo kiri kuzana impinduka mu iterambere ry’ubuhinzi bwa Afurika.

Mu ntangiriro za 2019, Umuryango nyamerika wita ku bumenyi (National Academy for Sciences, NAS) wamuhaye umudali w’ishimwe kubera guteza imbere abaturage abinyujije mu buhinzi bugezweho ku mugabane wa Afurika.

Dr Kalibata ni umunyarwandakazi umaze igihe mu rwego rw’ubuhinzi, wabanje kuba impunzi muri Uganda, aza gutahuka aba Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi mu 2008.

Mu 2003, Dr Kalibata na Louise Mushikiwabo bashyizwe ku rutonde rw’abagore b’Abanyafurika 50 barengeje imyaka 50 bageze ku gasongero k’intsinzi mu byo bakora kandi bakaba babera urubyiruko icyitegererezo nk’abayobozi b’ejo hazaza.


Dr Agnes Kalibata yashimiwe uruhare agira mu guteza imbere ibiribwa ku Isi



Yashyikirijwe igihembo cye mu Budage







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND