RFL
Kigali

Sheebah Karungi yagiye kubyarira muri Canada

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:17/10/2024 10:29
0


Nyuma y’uko Sheebah akoreye igitaramo muri Uganda agatangaza ko agiye kuba afashe akaruhuko ndetse akagaragaza ko atwite nyuma y’igihe kirekire abyihakana, yerekeje muri Canada aho bivugwa ko azabyarira.



Ku wa kabiri w’iki Cyumweru, nibwo umuhanzikazi Sheebah Karungi yerekeje mu gihugu cya Canada akaba yari aherekejwe n’umubyinnyi we Rita Nasaazi uzwi Ritah Dancehall nk’uko byagaragaye mu mashusho bashyize hanze amusezera.

Sheebah Karungi ubu uri kubarizwa mu gihugu cya Canada, arateganya kuhakorera igitaramo ku wa 02 Ugushyingo 2024 ahitwa Lithuanian Banquet Hall mu mujyi Toronto.

Mu yandi makuru ikinyamakuru Pulse Uganda cyamenye, ni uko uyu muhanzikazi yongereye igihe azamara muri iki gihugu cya Canada akaba ashobora kuzahava amaze kwibaruka nubwo Se w’umwana yamugize ibanga.

Mu mwaka ushize, nibwo Sheebah Karungi yatangaje ko kubera gahunda z’ingendo nyinshi, yahisemo kugura inzu muri Canada kuko iyo ahageze yiyumvamo ikaze nk’aho ari mu rugo.

Ngo akaba ariyo mpamvu yahisemo kwerekezayo mu gihe yitegura kwibaruka, ariko na none ikinyamakuru Sqoop cyo muri Uganda kikavuga ko uwateye inda Sheebah ariwe wamusabye kujya kubyarira muri Canada.

Byari bimaze igihe bihwihwiswa ko Sheebah Karungi atwite ariko akabyihakana ndetse abantu benshi batangira gutera amabuye Kasuku ariko mu gitaramo Neyanziza Concert cyabaye ku wa 04 Ukwakira, abantu bamenye ukuri y’uko atwite koko.


Mu mwaka ushize, nibwo Sheebah Karungi yatangaje ko yaguze inzu muri Canada kubera ko akunda kuhagirira ingendo cyane


Sheebah Karungi yerekeje mu gihugu cya Canada aho azabyarira


Mu gitaramo Neyanziza cyabaye mu ntangiriro z'uku Kwezi, nibwo Sheebah Karungi yagaragaje ku karubanda ko atwite 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND