RFL
Kigali

Hakoreshjwe asaga Miliyari 10 Frw! Ishusho y'umuhango wo Kwita Izina ugarutse ku nshuro ya 20

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:26/08/2024 15:39
0


Ubukerarugendo buri ku isonga mu byinjiriza akayabo u Rwanda ku bw’umwihariko rufite wo kugira ingagi zo mu misozi zisurwa n’abatari bake buri mwaka by’umwihariko kuva hatangijwe umuhango wo Kwita Izina abana bazo.



Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB, rwatangaje ko umuhango wo Kwita Izina abana b'ingagi ku nshuro ya 20 uzaba ku wa 18 Ukwakira 2024. Iyi tariki yashyizwe ahagaragara binyuze mu itangazo ryashyizwe hanze na RDB ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X mu ntangiriro z'iki cyumweru.

RDB yatangaje ko ibi birori bizabera mu Kinigi hari ya Pariki y’Ibirunga aho umuhango wo Kwita Izina usanzwe ubera. Ubusanzwe, ibirori byo Kwita Izina byabaga mu matariki ya mbere y’ukwezi kwa Nzeri.

Ubwo habaga ibirori byo Kwita Izina ku nshuro ya 19 ku wa 1 Nzeri 2023, Clare Akamanzi wayobora RDB, yatangaje ko ibyo ku nshuro ya 20 bizaba ari umwihariko kuko abagize uruhare mu gutanga amazina mu myaka yose yatambutse bazatumirwa bose.

Agaciro ingagi zo mu misozi mu Rwanda zihabwa gafite imizi mu 1967, ubwo Umushakashatsi w’Umunyamerika, Dr. Dian Fossey, yatangiraga ubushakashatsi kuri izi nyamaswa aho yavugaga ko nta gikozwe, izi ngagi zizaba zazimiye bitarenze mu 2000.

Ku bw’amahirwe izi ngagi zituye mu misozi miremire y’Ibirunga ziracyahari, ndetse ziherutse kuvanwa mu nyamaswa zifite ‘ibyago byinshi byo kuzimira’.

Ubusanzwe, abashakashatsi n’abandi bantu bakurikirana ubuzima bw’ingagi, bari basanganywe umuco wo gukurikirana ingagi mu miryango yazo, bakagenda bazita amazina kugira bazoroherwe no gukomeza kuzikoraho ubushakashatsi mu minsi iri imbere.

Bitewe n’akamaro k’ingagi zo mu misozi miremire, u Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu bizicumbikiye, rufite inshingano zo kuzirinda kuko ari nk’umurage w’Isi muri rusange, kugira ngo zitazazimira.

Icyakora uko imyaka yagendaga ishira, iby’iki gikorwa byagendaga bihindura isura, kikarushaho kwakira abashyitsi benshi, kikagarukwaho cyane ku rwego mpuzamahanga ku buryo kugeza uyu munsi kitakiri gusa igikorwa cyo kwerekana uruhare u Rwanda rugira mu kurengera ingagi n’ibidukikije, ahubwo cyabaye igikorwa cyifashishwa mu kwerekana isura nziza y’u Rwanda mu ngeri zose, kuva ku bukerarugendo kugera ku hantu hashobora gukorerwa ishoramari n’ibindi.

Kuva mu 2005 ni bwo Leta y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kugira Umuhango wo Kwita Izina igikorwa gihoraho, kiba mu rwego rwo kubungabunga ingagi, gushimira abazitaho mu buzima bwa buri munsi no kwishimira iterambere ryazo ku baturiye aho ziba.

Kugeza ubu ingagi zimaze guhabwa amazina mu myaka 19 ishize zigera kuri 352.

Mu gukomeza kubungabunga ingagi, RDB yatangiye umushinga wo kongera ubuso bw’ishyamba zibaho, aho buzongerwaho hegitari 6,620 zingana na 23% by’ubwari busanzwe. Ni umushinga uzatwara miliyoni 255$ mu gihe uzatanga akazi ku baturage barenga ibihumbi 17.

Kuva Gahunda yo Kwita Izina yatangira nibura miliyari zisaga 10 Frw yakoreshejwe mu mishinga irenga 1000 ishingiye ku baturage baturiye Pariki ya Akagera, Nyungwe, Ibirunga na Gishwati-Mukura.

Ingagi zo mu birunga ziyongera ku rugero rwa 23% mu myaka 10 ishize. Mu bana b’ingagi bahawe amazina mu 2023, abangana na 57% ni ab’igitsina gore. Intego yari iyo guha ingagi agaciro ikwiye, abana bayo bagahabwa amazina kandi bigakorwa mu muhango wiyubashye witabiriwe n’Abanyarwanda n’Abanyamahanga.

Umujyi wa Musanze wakira iki gikorwa, umaze kugaragaza impinduka zidasanzwe bitewe n’iterambere rimaze kuhagera. Kuri ubu nta washidikanya kuvuga ko Musanze igwa Kigali mu ntege mu mijyi yihagazeho mu Rwagasabo. Umwaka ushize muri Musanze, habarurwaga hoteli 42 zirimo 5 zifite inyenyeri 5 n’andi macumbi 112.

Buri mwaka Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, rugenera abaturiye Pariki zitandukanye z’igihugu 10% by’amafaranga yinjiye biturutse muri gahunda z’ubukerarugendo, bagahabwa ibikorwa bitandukanye bigira uruhare mu guhindura ubuzima bw’abahatuye.

Urwego rw’Iterambere, RDB, rugaragaza amafaranga asaranganywa imirenge ituriye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, yagiye yiyongera kuko mu 2005, bahawe miliyoni 16 Frw ariko kuri ubu ageze kuri miliyari 1 na miliyoni 140 Frw, ni ukuvuga ko yikubye inshuro zirenga 71.

Ni amafaranga agenda yiyongera bitewe n’ubwiyongere bw’ibyinjizwa n’iyi pariki kuko urebye mu 2005, ku mwaka umwe hasurwaga na ba mukerarugendo batageze 2000, ariko kuri ubu usanga umwaka ushira hasuwe na ba mukerarugendo bagera mu bihumbi 40.

Imibare y’umwaka wa 2022, igaragaza ko abasura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga barengaga gato ibihumbi 34, harimo ibihumbi bitanu by’Abanyarwanda baba baje gusura ibikorwa bitandukanye biyirimo. 


Umuhango wo Kwita Izina abana b'ingagi ugiye kongera kuba ku nshuro ya 20


Uyu muhango uri mu byinjiriza igihugu agatubutse






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND