RFL
Kigali

Abarenga 200,000 batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:8/07/2024 14:38
0


Minisitiri w'Uburezi, Gaspard Twagirayezu, yatangije ku mugaragaro ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, hatangazwa ko bigiye gukorwa n’abanyeshuri barenga ibihumbi 200.



Kuri uyu wa Mbere, abanyeshuri basaga 202.000 basoje amashuri abanza batangiye ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa 2023-2024. Ku rwego rw'Igihugu, ibi bizamini byatangijwe na Minisitiri w'Uburezi, Gaspard Twagirayezu, muri GS Gisozi I mu Karere ka Gasabo.

Abanyeshuri basaga ibihumbi 202 batangiye gukora ibizamini bya Leta, barimo abahungu 91,189 n'abakobwa bagera ku 111,810 basoje icyiciro cy'amashuri abanza.

Bamwe mu barezi baganiriye na RBA mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, bemeza ko uyu mwaka w'amashuri wagenze neza kandi ko bakoresheje imbaraga zihagije mu kwigisha abana uko bikwiye ku buryo ibyo bazakora byose babafashije kubisubiramo. Ni mu gihe abatangiye ibizamini bijeje ababyeyi babo na Leta ko impamba y'ubumenyi bahawe izabafasha kwitwara neza.

Ubwo haburaga amasaha macye ngo umunsi nyirizina ugere, ku Cyumweru tariki 7 Nyakanga 2024, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri, NESA, cyatangaje ko imyiteguro ya byo yarangiye mu gihugu hose ku buryo abana bazazindukira mu bizamini nta kibazo gihari.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri, Dr. Bernard Bahati, yavuze ko mu gitondo cyo ku Cyumweru ari bwo hakozwe imirimo ya nyuma yo kwitegura ibizamini bitangira kuri uyu wa Mbere. Yasabye abanyeshuri bazabikora gushira ubwoba bakitegura kwinjira mu bizamini.

Ibizamini bisoza amashuri abanza byatangiye gukorwa none ku ya 8 Nyakanga 2024, bikaba bizasozwa ku ya 10 Nyakanga.

Ibi bizamini biri gukorerwa ku bigo 1,118 biri hirya no hino mu gihugu, bikazagenzurwa n’abarimu 12,302. Ibizamini bisoza amashuri abanza biba bigizwe n’amasomo atanu arimo Imibare, Ikinyarwanda, Icyongereza, Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (SET) n’Ubumenyi rusange n’iyobokamana.

Umwaka ushize MINEDUC yagaragaje ko abakobwa bakunze gutsindira ku kigero cyo hejuru ugereranyije na basaza babo kuko mu banyeshuri bakoze ibizamini uko bari 201.679, hatsinze 91, 09%, muri bo 55, 29% bari abakobwa mu gihe 44.71% ari abahungu.

Imibare igaragaza ko Abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza mu 2020/2021 bari 250.443, abatsinze neza ari ibihumbi 207.315 mu gihe abakoze muri 2021/2022 bari 227.720 hatsinda neza 206.286.


Abanyeshuri barenga 200,000 batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Byatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w'Uburezi, Gaspard Twagirayezu

Abanyeshuri bijeje ababyeyi babo na Leta kwitwara neza muri ibi bizamini 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND