RFL
Kigali

Yifashishije Nyirakuru na Sekuru! Junior yagarukanye indirimbo yakomoye ku ijambo rya Perezida Kagame-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:6/08/2024 20:18
0


Umuhanzi Mbaraga Junior Alex wahisemo gukoresha izina rya MaLo Junior yagarutse mu muziki nyuma y’umwaka umwe ushize urugendo rw’itsinda Juda Muzik rushyizweho akadomo, ni nyuma y’uko atandukanye na mugenzi we Darest.



Uyu musore yagarutse mu muziki ashyira hanze amashusho y’indirimbo ye ya mbere yise ‘Inshuti’ yakomoye ku jambo Perezida Paul Kagame yavugiye muri Unity Club.

Ni indirimbo yagiye hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Kanama 2024, mu gihe uyu musore yari amaze iminsi ayiteguje abafana be n’abakunzi b’umuziki muri rusange.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Junior yavuze ko nyuma yo gutandukana nka Juda Muzik yafashe igihe cyo kubanza kwiga kumikorere ye ndetse n’aho ashaka kuganisha ibikorwa bye, biri mu mpamvu zatumye adahita agaragara mu muziki nk’uko mugenzi we byagenze.

Ati “Nyuma y’itandukana rya Juda Muzik ntabwo nahise ngaragara mu muziki. Twari tumaze gutandukana, buri umwe yari asigaye ku giti cye. Nagombaga rero kubanza kwiga ku mikorere yanjye, njyewe nshaka gukora iki, nshaka kubikora mu buhe buryo, ese ndashaka kuba umuhanzi? Niba nshaka kuba umuhanzi ndashaka kubikora mu buhe buryo? Byampaye rero igihe cyo kubitekerezaho.”

Yavuze ko mu gihe yari amaze adakora umuziki, yabunjije imitima rimwe na rimwe yumva ko yawureka ariko kandi undi ukamubwira gukomeza inzira yatangiye.

Ni urugendo avuga ko yaherekejwemo n’Imana ‘yanyeretse neza inzira ikwiye’. Ariko kandi avuga ko yafashe igihe cyo kongera kwitekerezaho, no guhitamo neza ibintu ashaka kwereka abafana be n’abakunzi be.

Iri tsinda ryatandukanye, hashize igihe gito uyu musore agize ibyago apfusha uwari umukunzi we. Yavuze ko byari ibihe bitoroshye kuri we, ariko ‘Imana yamfashije kugenda nsubira ku murongo.

Ati “Byansabye kubanza kwitonda. Ntabwo byari ibihe byoroshye, ahubwo byari ibihe bitanyoroheye. Urumva kuba wari ufite ibintu mu maze kubaka mu gihe cy’imyaka itanu, bigasenyuka atari uko wenda mubona indi mpamvu yabiteye, ahubwo ari ukubera ko hari ibintu mubona bitagenda neza nk’uko mubyifuza.”

Junior yavuze ko yabanje gushishoza amenya neza inzira ‘nshaka gutwaramo umuziki kugirango umunsi byanze ntazagira uwo ndenganya’.

Uyu musore yavuze ko kwikorana umuziki, yabonye ko ari urugendo rukomeye, kuko iyo yabaga ari kumwe na Darest bakoranaga byororohaga, ariko kandi ‘ni urugendo natangiye kandi rushoboka’.

Yavuze ko indirimbo ye yise ‘Inshuti’ yubakiye ku mibanire y’umubyeyi n’umwana we. Ariko kandi avuga ko yakomotse ku kiganiro Perezida Paul Kagame yatanze mu Ihuriro ry’Umuryango ‘Unity Club'.

Muri kiriya kiganiro, Umukuru w’Igihugu yagarutse ku rugendo rw’ubuhunzi n’ababyeyi be, uko babayeho, uko bagiye biga indi mirimo n’ibindi-Ariko kandi bagaharanira gukora ibishoboka byose kugirango bazagaruke mu gihugu cyabo.

Mu ntangiriro y’iyi ndirimbo humvikanamo agace gato k’ijambo Perezida Kagame yavuze. Junior ati “Ibyo byose rero byanyetse urukundo hagati y’umubyeyi n’umwana. Iryo jambo numvise kuri njyewe rikomeye cyangwa se ari rinini. Ryampaye indi shusho. Nanjye nasubije inyuma amaso, ndeba ubwana bwanjye.”

Yavuze ko iyi ndirimbo idasanzwe mu rugendo rwe rw’ubuzima, kuko abagaragara mu mashusho yayo harimo Sogokuru, Nyogokuru, Se (Papa), Nyirarume, barumuna be n’abandi, kandi ishingiye ku buzima Umukuru w’Igihugu yasangiye abari muri ririya huriro rya Unity Club mu Ugushyingo 2022.

Ati “Nahuje ubuzima bwanjye n’ibyo Umukuru w’Igihugu yarimo avuga, nyine mbona urukundo rw’umubyeyi ni ikintu gihambaye.”

“Ndongera nsubiza inyuma ubwenge, ndeba ukuntu Perezida Kagame n’ingabo yari ayoboye babohoye u Rwanda, ni abantu babaye mu mbeho nyinshi, ubuzima bugoye, n’ibindi ariko kubera ko bashakaga ko urubyiruko twebwe b’ubu tugira ubuzima bwiza, baremera baritanga.”

Junior anavuga ko yakoze iyi ndirimbo mu rwego rwo kwishimira Perezida Paul Kagame, cyane cyane muri iki gihe aherutse gutsindira kongera kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri imbere.

  

Junior yagarutse mu muziki nyuma y’isenyuka ry’itsinda Juda Muzik

 

Mu gitero cya mbere cy’iyi ndirimbo ‘Inshuti’ Junior yivugaho, ni mu gihe mu gitero cya kabiri agaruka kuri Perezida Kagame

 

Junior yavuze ko yakozwe ku mutima n’ijambo Perezida Kagame yavugiye muri Unity Club bituma yandika iyi ndirimbo. Ati “Ni ishimwe namugeneye.” 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘INSHUTI’ YA JUNIOR

 ">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND