RFL
Kigali

Abaramyi 10 b’abagore bafatwa nk’ab’ibihe byose mu Rwanda

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:10/05/2024 12:02
0


Mu gihe umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ukomeje gutera intambwe ikomeye, biba byiza gusubiza amaso inyuma abantu bakazirikana abahanzi bagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’uyu muziki.



Uyu munsi, abahanzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana bari kwandika amateka abakora umuziki usanzwe babona nk’inzozi. Ku bakurikiranye amateka y’umuziki wa Gospel nyarwanda barabizi neza ko uku atariko byahoze mu bihe byo hambere, igihe byari bigoranye kubona umuramyi wateguye igitaramo kikitabirwa n’undi muntu udasanzwe amenyerewe muri icyo gisata.

Iyo hishimirwa iri terambere, hagarukwa no ku babigizemo uruhare barimo n’abahanzikazi b’abagore bafatwa nk’abanyabigwi muri uyu muziki bitewe n’igihe bawumazemo ndetse n’ibikorwa byabo by’umwihariko.

Nyuma yo gutekereza kuri ibi byose, InyaRwanda yaguteguriye urutonde rw’abaramyi 10 b’igitsina-gore bafatwa nk’ab’ibihe byose mu Rwanda:

1.     Tonzi


Uwitonze Clémentine [Tonzi], uherutse kumurika album ye ya cyenda yise ‘Respect,’ afite amateka yihariye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Tonzi wakunzwe cyane mu ndirimbo ‘Humura,’ ni inararibonye mu muziki arambyemo ndetse akaba n'umuyobozi ukomeye dore ko ari Umuyobozi Wungirije w'Inama y'Igihugu y'Abahanzi iyoborwa na Niragire Marie France washinze Genesis Tv.

Tonzi wakuranye impano yo kuririmba, yinjiye mu mwuga wo gukora umuziki ku giti cye mu 2004, none ubu ni umwe mu bahanzi b’igitsinagore baririmba indirimbo zihimbaza Imana bamaze kwaguka mu buryo butangaje.

Mu mboni ze yavuze uko abona umuziki, aho yagize ati "Umuziki uko nywubona, umuziki ukozwe neza ufite ubutumwa bwiza ni ubuzima." 

"Nawe ibaze ariko ko ibindi byose bizashira hagasigara kuririmba. Rero umuziki ni umuyoboro ukomeye Imana ikoresha ngo abo yaremye babeho neza. Isi itarimo umuziki sinzi uko byagenda. Mu mwuka, abantu benshi nshingiye ku buhamya bagenda bahinduka kandi bagakomezwa n'indirimbo zibegereza Imana;

Kandi zibafasha mu isanamitima, kunezerwa kuko Imana ikunda kutubona twishimye. Rero umuziki ni intwaro ikomeye muri iyi si Imana ikoresha ibinyujije muri twe turabiyishimira icyo kizere gihambaye yatugiriye". 

2.     Gabby Kamanzi


Umuhanzikazi Ingabire Gaby Irene Kamanzi [Gaby Kamanzi] ni umwe mu bakunzwe cyane mu Rwanda no hanze mu muziki uhimbaza Imana ndetse ku bw’ibikorwa bye yanahawe izina rya ‘Miss Gospel.’

Gaby Kamanzi wavutse mu 1981, amaze gutwara ibikombe bitandukanye kandi bikomeye mu muziki wa Gospel aho twavuga nka Salax Award ndetse n’ibindi bihembo bitari bicye bya Groove Awards ndetse na Sifa Rewards. 

Yitabiriye kandi amarushanwa akomeye ari ku rwego mpuzamahanga, yakoranye indirimbo n'abahanzi bakomeye bariho Esther Wahome n'abandi bo mu karere batandukanye. Yakoze ibitaramo muri Amerika ndetse hari n'ibindi byinshi ateganya gukorera mu bindi bihugu.

Gaby Kamanzi yavukiye i Lubumbashi muntara ya Katanga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu muryango w'abana batandatu, akaba ari umwana wa karindwi. Yatangiye kugaragaza impano yo kuririmba ubwo yigaga mukigo cy'ishuri cya St Esprit giherereye mu karere ka Nyanza mu 1997 muri Singiza Ministries nyuma yo kwakira agakiza

Inzu imureberera inyungu mu muziki yitwa Moriah Entertainment. Yavukiye mu muryango w'abahanzi harimo se umubyara, Nyina na murumuna we Pastor Lysette Karasira. Gaby Kamanzi yamenyekanye mu Rwanda no mu Karere k'ibiyaga bigari kubera ubuhanga bwe bw'ijwi no kuyobora abandi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

3.     Aline Gahongayire


Aline Gahongayire yatangiriye umuhamagaro we mu itorero rya Zion Temple aho benshi bakunze kwita kwa Gitwaza. Uyu muhanzikazi, azwiho indirimbo zifite imbaraga, kandi zifite amavuta. Kugeza ubu, Aline Gahongayire amaze gusohora album zirindwi. Aline Gahongayire ni umuririmbyi uzwi cyane, umwanditsi w'indirimbo n’umuvugizi wa benshi. Ni impano mu rwego rwo guhimbaza no gusenga.

4.     Liliane Kabaganza


Zaninka Kabaganza Liliane uzwi nka Kabaganza Liliane yavutse ku itariki ya 11 Kamena 1975, avukira ahitwa Bibogobogo mu Ntara ya Kivu y’amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Se umubyara ni Umushumba mu Itorero ryitwa Healing Heart mu Ntara y’Amajyepfo akaba yitwa Mukiza Leonard naho mama we yitwa Nyabaziga Odette bakaba barabyaranye abana 6.

Liliane, ni umuririmbyikazi akaba n’umwanditsi w’indirimbo zihimbaza Imana, afite ubwenegihugu bw’u Rwanda, akaba yarashakanye na Dusabemungu Ntabajyana Celestin mu mwaka 1999. 

Liliane yamenyekanye cyane muri Rehoboth Ministry mu ndirimbo nka "Imana ni byose,’ Iyo ntekereje umugabo witwa Yesu, Getsemani, Habwa ikuzo, Bakundwa n’izindi. Ubu Liliane Kabaganza amaze kwandika indirimbo zirenga 70. Indirimbo yanditse mbere ikaba yitwa ‘i Bethelehemu’ iri kuri album ya mbere ya Rehoboth Ministries yitwa “Abafite inyota ni muze”.

5.      Geraldine Muhindo


Geraldine Muhindo ni umuhanzikazi wakunzwe cyane mu ndirimbo ze zitandukanye zihimbaza Imana mu Rwanda. Zizwi na bose, abakuru n’abato muri ADEPR no mu yandi matorero. Geraldine yibukirwa mu bitaramo bitandukanye bya Gospel ndetse no mu bihe by’amasengesho ahantu hatandukanye.

Geraldine kandi ni umwanditsi w’indirimbo zuzuye ubutumwa bwiza zagize uruhare mu kuzana abantu benshi ku gakiza. Ni ahantu hake watera igitero cy’indirimbo ya Geraldine ngo ubure umuntu uyizi ndetse n’abazizi ugasanga bazizi kuva ku gitero cya mbere kugeza ku cya nyuma.

Urugendo rwa Geraldine muri Gospel mbere y’uko akomereza ubuzima bwe n’umuryango mu mahanga, rwaranzwe no gukorera Imana atajenjetse we n’umuryango we dore ko n’umugabo we ari Umushumba bakaba bombi bariyeguriye gukorera Imana.

6.     Stella Christine


Manishimwe Stella ni umuhanzikazi w’icyamamare wamenyekanye cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana cyane cyane iyitwa "Ni njye wa mugore" yuzuyemo ibyo Imana yamukoreye.

Uyu muhanzikazi ntabwo akora umuziki gusa, ahubwo ni umwalimu, umushyushyarugamba (MC), akaba na rwiyemezamirimo ufite ‘atelier’ itunganya imbaho. Mu mpera za 2021, yasuwe na Yvette Kabatesi wa BBC.

7.     Sarah Sanyu


Sarah Sanyu yamamaye muri Ambassadors of Christ Choir yagezemo mu mpera ya 2006 yiga mu mashuri yisumbuye. Ni umwe mu bamenyekanye cyane muri iyi korali imaze gushinga imizi mu Rwanda no hanze yarwo. Yakunzwe kubera indirimbo nyinshi za Ambassadors yumvikanamo aziyoboye mu ijwi ryizihira abaryumva, nka “Birakwiye gushima”, “Yesu we” n’izindi.

Sarah Sanyu ukunzwe cyane mu Karere, yavukiye mu gihugu cya Uganda. Mu gihe gito amaze akora umuziki ku giti cye, uyu muhanzikazi akunzwe mu ndirimbo ndirimbo zirimo “Nitashinda”, “Umunsi mushya”, “Omora’’ na “Mwana Wanjye”.

8.     Muhimpundu Anne

Biragoye cyane kumenya izina Muhimpundu Anne kuko ubu iryo ryamaze gusimburwa na ‘Ntacyo Nkushinja.’ Iyi, ni indirimbo y’umuhanzikazi w’indirimbo zihimbaza Imana ufite amateka maremare kandi aremereye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

9.  Jesca Mucyowera


Umuramyi Jesca Mucyowera nawe ari mu bafite izina riremereye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, biciye mu bihangano bye bishimangira gukomera kw'Imana nka 'Yesu Arashoboye,' 'Jehovah Adonai' n'ibindi byinshi. Yamamaye kandi muri Injili Bora asanzwe abarizwamo.

10. Gikundiro Rehema


Gikundiro Rehema ni umunyarwandakazi utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akaba ari na ho akorera umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana. Ni umwanditsi w'umuhanga bidasubirwaho kuko yagiye yiyambazwa n'abandi bahanzi ndetse n'amakorali akomeye hano mu Rwanda. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND